Yanditswe Apr, 01 2024 15:38 PM | 76,229 Views
Perezida Paul Kagame yavuze ko iyo arebye aho u Rwanda rugeze
yishimira ko rwateye intambwe igaragarira buri wese, kuva ku mibereho y’abaturage
n’uburenganzira bwabo kugera ku bikorwaremezo byubatswe ahantu hatandukanye.
Yabigarutseho kuri uyu wa Mbere, tariki ya 1 Mata 2024, mu kiganiro cyihariye yagiranye na Radio10 na Royal FM.
Perezida Paul Kagame yabajijwe n’umunyamakuru icyo yishimira cyane kurusha ibindi iyo arebye u Rwanda.
“Iyo ikintu ukibona n’amaso kiba kivugira. Iyo ubonye uko igihugu cyari kimeze, abapfaga, abicwaga.,
Yagize ati “Ujye ureba n’amafoto ubwayo, ay’u Rwanda mu 1994, urebe n’u Rwanda rw’ubu, amafoto arakwereka.’’
Nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, nta buzima bwari mu gihugu, inyubako nke zari zihari zari zashyizwe hasi ariko ubu biragenda neza.
Yakomeje ati “Abantu barabanye, nta wugenda ku muhanda ngo umuntu amubaze ngo so ni nde, ufite ubuhe bwoko?’’
Umukuru w’Igihugu yavuze ko u Rwanda rugenda rutera imbere n’ubukungu bwarwo bukazamuka bigizwemo uruhare n’abarutuye.
Mu 1994, Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wari hafi miliyari 2$ mu gihe ubu ugeze kuri miliyari 15$.
Perezida Kagame yavuze ko urebye n’ubuzima bw’abantu n’ibintu ubona ko bisa n’ibyavuye kure.
Ati “Ibyo biragusobanurira ko hari umuvuduko uzagana no ku bindi. Muri rusange ureba igishushanyo cy’igihugu ukabibona. Ugiye no mu byaro ubona ko ubuzima bwahindutse.’’
Ben Kayiranga yagaragaje uko Visit Rwanda yugururiye amarembo Abanyarwanda i Paris
Apr 22, 2024
Soma inkuru
Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya
Apr 19, 2024
Soma inkuru
Abasaga 200 bategerejwe i Kigali mu Iserukiramuco ‘Kigali Triennial’
Feb 12, 2024
Soma inkuru
Art Rwanda yatumye hahangwa imirimo 400 mu myaka 2
May 15, 2023
Soma inkuru