AGEZWEHO

  • Nyamasheke: Mu minsi ibiri abarwayi 1000 bamaze kuvurirwa ku bitaro bya Kibogora n'Ingabo z'u Rwanda – Soma inkuru...
  • Ibibazo biri mu Burasirazuba bwa RDC ntibizakemuka Leta igikorana na FDLR- Abasesenguzi – Soma inkuru...

Ikibazo cy'izamuka ry'ibiciro by'inyama no kubura imodoka byaranze Bonane

Yanditswe Jan, 01 2019 19:54 PM | 11,701 Views



Abaguzi baragaragaza ko kubera abahaha benshi ku munsi w'ubunani ibiciro by'inyama byazamutse arenga 1000 ku kilo. Ikibazo cy'ibura ry'imodoka kandi gikomeje gufata indi ntera aho abagenzi basaba ko imodoka zirirwa ziparitse hirya no hino muri kigali zajya zifashishwa igihe abagenzi babaye benshi.

Mu mujyi wa Kigali ahakorerwa ibikorwa by'ubucuruzi byo ku rwego rwo hejuru ku munsi w'ubunani biboneka ko hari impinduka zikomeye kuko ni hake cyane amaduka cyangwa ibindi bikorwa by'bucuruzi bikora. N'ubwo ari umunsi ukomeye benshi baha agaciro, umwe mu bacuruzi babarirwa ku nto wakomeje imirimo ye avuga ko nta watangira umwaka adakora.

Nubwo mu mujyi utahabonaga urujya n'uruza rwaba urw'imodoka cyangwa abatu nk'ibisanzwe, Nyabugogo siko bimeze kuko abantu bakomeje ibikorwa byabo. Ahacururizwa inyama, zabonaga umugabo zigasiba undi bigaragara ko abaguzi bazigamye amafaranga bazahahisha kuri uyu munsi mukuru, bamwe bati wagirango nibwo abantu bibutse kurya.

Muri gare ya Nyabugogo abagenzi baribaza uko baza kuva muri iyi gare bajya gusangira ubunani n'imiryango yabo by'umwihariko aberekeza mu ntara zitandukanye. Gusa abagenzi bifuza ko mu gihe imodoka zabaye nke ababishinzwe baha uburenganzira imodoka zipfa ubusa kuba zasayidira abantu bagataha hakibona.

Mu minsi mikuru isoza umwaka, usanga akenshi ibiciro bizamuka ariko kandi abaturage bagirwa inama yo kwizigamira kuko akenshi iyi minsi ikurikirwa n'itangira ry'amashuri ndetse yanabanjirijwe n'imisoro itanndukanye abaturage bakwa mu mpera z'umwaka.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ben Kayiranga yagaragaje uko Visit Rwanda yugururiye amarembo Abanyarwanda i Par

Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya

Abahanzi basaga 200 bategerejwe i Kigali mu Iserukiramuco ‘Kigali Triennia

Art Rwanda Ubuhanzi yatumye hahangwa imirimo 400 mu myaka 2