AGEZWEHO

  • Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Guinée Conakry – Soma inkuru...
  • RDB yeretse abashoramari aho bakwiye gushora imari mu Rwanda – Soma inkuru...

Icyizere cyo kubaho ku banyarwanda cyariyongereye

Yanditswe Aug, 17 2022 19:07 PM | 65,744 Views



Nyuma y’uko raporo y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima rishyize u Rwanda ku mwanya wa 9 mu kugira abaturage bafite icyizere cyo kubaho kiri hejuru mu Afurika, abaturage b’ingeri zitandukanye hamwe n’impuguke mu iterambere ry’ubukungu n’imibereho myiza, baravuga ko ibi ari imbuto z’imiyoborere myiza.

Mu mudugudu wa Rugende, Akagari ka Gishore mu Murenge wa Nyakariro w'Akarere ka Rwamagana, Mukagasana DaTive arimo kwita ku nka yahawe na Leta muri gahunda ya Girinka.

Uyu mubyeyi w'imyaka 65 warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi avuga ko Inka yahawe mu myaka ibiri ishize, yamwongereye icyizere cyo kubaho no kurama.

Mu buhamya bwe agira ati ''Maze kuyibona natangiye kunywa amata, ubu iranahaka igize amezi atanu, cya kimasa narakigurishije, icyizere cyanjye rero kiriho."

Abato n'abakuze mu Karere Rwamagana bavuga ko icyizere cyo kubaho kiri rusange ku baturage bose, kubera impamvu zitandukanye.

Bavuga ko ''Imbere turabona ari heza, dufite iterambere ritangaje kubera rero uburinzi bw'Imana n'iterambere dufite, habaye hatabayeho indwara cyangwa ibindi byorezo imyaka 100 twayimara."

Ubuyobozi bwegereye abaturage mu nzego z'ibanze buvuga ko imiyoborere myiza ari ishingiro ry'iterambere umuturage ageraho, rikamufasha kubaho ubuzima bwiza.

Impuguke mu buzima n'imibereho y'abaturage, Mporanyi Theobald avuga ko ubukungu bw'igihugu n'ubw'abantu ku giti cyabo, iterambere ry'uburezi, ubuzima n'imibereho myiza y'abaturage ari bimwe mu bituma icyizere cyo kubaho cyiyongera.

Avuga ko ikigereranyo rusange cy'imyaka abanyarwanda bamara gishobora kuzakomeza kwiyongera, ariko buri muturage asabwa kubigiramo uruhare ategura neza ejo hazaza.

Ubushakashatsi bwashyizwe ahagaragara na OMS muri uku kwezi bugaragaza ko u Rwanda ruza ku mwanya wa 9 mu kugira abaturage bafite icyizere cyo kubaho kiri hejuru, mu bihugu 54 bigize umugabane wa Afurika .

Ikigereranyo cy'imyaka y'uburame ku banyarwanda kigeze ku myaka 69 ivuye ku myaka 67 umunyarwanda yabarirwaga umwaka ushize wa 2021.


Jean Paul MANIRAHO



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Guin&

Abatuye Afurika bagomba kubakira iterambere ryawo ku bisubizo by'ibibazo bi

Imitwe ya Politiki ya FPR-Inkotanyi na PL yatanze abakandida yifuza ko bazaba Ab

U Rwanda U20 rwegukanye Irushanwa ry’Akarere ka 5 muri Handball

Perezida Kagame yatanze kandidatire ku mwanya w'Umukuru w'Igihugu

Abanyarwanda basaga miliyoni ebyiri bagiye gutora Umukuru w’Igihugu bwa mb

Abantu 8 bashaka kwiyamamaza ku giti cyabo mu matora ya Perezida w’u Rwand

Igishobora gukorwa ahandi ku Isi cyakorwa no muri Afurika- Perezida Kagame