Yanditswe Apr, 22 2019 10:21 AM | 7,190 Views
I
Kigali hatangiye inama mpuzamahanga y’iminsi itatu ihurije hamwe abaharariye
ibigo n’inzego zishinzwe guteza imbere ubuzima mu bihugu bigize umuryango
w’Afrika y’Uburasirazuba ndetse n’igihugu cya Repubulika iharanira Demukarasi
ya Kongo mu kurwanya indwara ya Malaria ikomeje kwiyongera mu karere k’ibiyaga
bigari ndetse no guhitana ubuzima bw’abaturage batari bake.
Ni inama igamije kurebera hamwe uko indwara ya malaria ihagaze muri buri gihugu, ingaruka igira ku baturage, ndetse n’ahakiri icyuho mu guhangana n’iyo ndwara bihereye ku kugaragaza uduce yiganjemo kurusha utundi muri ibyo bihugu.
Atangiza ku mugaragaro iyi nama, Minisitiri w’Ubuzima Dr Diane Gashumba yavuzeko hakenewe ubufatanye bw’ibihugu bigize uyu muryango mu gushyiraho ingamba zikarishye mu kurwanya indwara ya Malaria kuko igira ingaruka ku mibereho y’abaturage.
Impuguke mu buvuzi zaturutse muri ibyo bihugu zigaragazako hakenewe ko ibihugu binoza ubufatanye mu gushyiraho ingamba zihamye zo gukangurira abaturage kwirinda indwara ya malaria. Zivuga kandi ko bitoroshye ko igihugu kimwe ubwacyo kitabasha kwirinda indwara ya malaria 100% mu gihe hari urujya n’uruza rw’abaturage bambukiranya imipaka, bityo Hakaba hakenewe ubushake bwa politiki no guhanahana amakuru n’inararibonye ku bikorwa bikorwa muri buri gihugu bigamije kurwanya indwara ya Malaria.
Biteganijwe ko iyi nama izarangira hashyizweho uburyo ibyo bihugu bigomba gufatanya mu kurwanya indwara ya Malaria, ndetse n’uburyo bwo kubaka ubushobozi bw’inzego z’ubuvuzi mu guhangana n’iyo ndwara ya malaria.
Ben Kayiranga yagaragaje uko Visit Rwanda yugururiye amarembo Abanyarwanda i Paris
Apr 22, 2024
Soma inkuru
Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya
Apr 19, 2024
Soma inkuru
Abasaga 200 bategerejwe i Kigali mu Iserukiramuco ‘Kigali Triennial’
Feb 12, 2024
Soma inkuru
Art Rwanda yatumye hahangwa imirimo 400 mu myaka 2
May 15, 2023
Soma inkuru