Yanditswe Apr, 17 2024 15:25 PM | 132,725 Views
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, NEC, yashyizeho uburyo umuntu ashobora kureba ko ari kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga.
Ni uburyo kandi bushobora gufasha umuntu kuba yakwiyimura bigendeye ku hantu yari yarahisemo kuzatorera ariko akaba ashaka guhindura ku mpamvu zitandukanye.
Byakozwe hagamijwe kwitegura amatora ya Perezida wa Repubulika n’ay’Abadepite ateganyijwe muri Nyakanga 2024.
Kuri ubu NEC irimo kuvugurura lisiti y’itora, aho Abanyarwanda bose bagejeje imyaka yo gutora (ni ukuvuga abavutse mbere ya 2006) bahamagariwe kureba ko bari kuri lisiti y’itora cyangwa aho banditse ko bazatorera ariho koko bazatorera.
Itangazo rya NEC ryo ku wa 16 Mata 2024, rigira riti ‘‘By’umwihariko abantu bimutse aho batoreraga barasabwa kwihutira kwiyandikisha aho ilisiti ikosorerwa kugira ngo babashe kwimurwa aho bifuza kuzatorera cyangwa bakiyimura bakoresheje telefone.’’
Ku bantu bafite telefone ngendanwa, bakanda *169# ubundi bagakurikiza amabwiriza, aho bareba aho bazatorera, bityo bakaba bashobora no guhitamo kwiyimura.
Abanyeshuri biga bacumbitse mu bigo bafite imyaka yo gutora bazaba bari mu mashuri mu gihe cy’itora bo baziyandikisha kuri lisiti y’umudugudu ikigo cy’ishuri giherereyemo ari naho bazatorera muri Nyakanga 2024.
Ben Kayiranga yagaragaje uko Visit Rwanda yugururiye amarembo Abanyarwanda i Paris
Apr 22, 2024
Soma inkuru
Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya
Apr 19, 2024
Soma inkuru
Abasaga 200 bategerejwe i Kigali mu Iserukiramuco ‘Kigali Triennial’
Feb 12, 2024
Soma inkuru
Art Rwanda yatumye hahangwa imirimo 400 mu myaka 2
May 15, 2023
Soma inkuru