Yanditswe Apr, 07 2024 17:15 PM | 239,837 Views
Abanyarwanda baba mu Bushinwa bibutse ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi, mu gikorwa cyitabiriwe na ba ambasaderi barenga 50 bahagarariye ibihugu byabo mu Bushinwa bari kumwe n’abo mu miryango yabo n’izindi nshuti z’u Rwanda.
Ambasaderi James Kimonyo uhagarariye u Rwanda mu Bushinwa yavuze ko Jenoside yakorewe Abatutsi itabaye ku bw’impanuka, ahubwo ko yateguwe n’ubutegetsi bubi bwariho icyo gihe ndetse bukanayishyira mu bikorwa Isi yose ireba.
Agaragaza ko ubwitange bw’ingabo za RPA ziyobowe na Perezida Paul Kagame zabashije guhagarika iyi Jenoside, ndetse zongera gusana igihugu bishingiye ku buyobozi bwahisemo gushyira imbere ubumwe bw’Abanyarwanda bukaba bumaze kugeza igihugu ku bumwe butajegajega ndetse n’ubudaheranwa.
Ambasaderi Kimonyo yasabye Umuryango Mpuzamahanga guhaguruka ukarwanya ingengabitekerezo ya Jenoside, imvugo z’urwango n’ibindi bikorwa bikigaragara hirya no hino ku Isi no gushyira hamwe mu gushyikiriza ubutabera abakurikiranywe kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ben Kayiranga yagaragaje uko Visit Rwanda yugururiye amarembo Abanyarwanda i Paris
Apr 22, 2024
Soma inkuru
Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya
Apr 19, 2024
Soma inkuru
Abasaga 200 bategerejwe i Kigali mu Iserukiramuco ‘Kigali Triennial’
Feb 12, 2024
Soma inkuru
Art Rwanda yatumye hahangwa imirimo 400 mu myaka 2
May 15, 2023
Soma inkuru