AGEZWEHO

  • Nyamasheke: Mu minsi ibiri abarwayi 1000 bamaze kuvurirwa ku bitaro bya Kibogora n'Ingabo z'u Rwanda – Soma inkuru...
  • Ibibazo biri mu Burasirazuba bwa RDC ntibizakemuka Leta igikorana na FDLR- Abasesenguzi – Soma inkuru...

Amasezerano u Rwanda rwagiranye n'u Bwongereza yakabaye igisubizo ku kibazo cy'ubuhunzi-Perezida Kagame

Yanditswe Apr, 06 2024 20:16 PM | 311,612 Views



Perezida Paul Kagame ashimangira ko amasezerano u Rwanda rwagiranye na Guverinoma y'u Bwongereza, yakabaye kimwe mu bisubizo ku kibazo cy'ubuhunzi n'abimukira bagana ku mugabane w'u Burayi mu buryo bunyuranije n'amategeko, bikabaviramo ingaruka zirimo no gutakaza ubuzima bwabo.

Mu kiganiro n'itangazamakuru, agaruka kuri iki kibazo umukuru w'Igihugu Paul Kagame yasobanuye ko isinywa ry'aya masezerano rifitanye isano n'umusanzu u Rwanda rwifuzaga gutanga mu rwego kurengera ubuzima bw'Abanyafurika baburiraga mu rugendo baciye mu mazi magari y'Inyanja. 

Aha akaba yakuyeho urujijo kuri zimwe mu ngingo zikubiye muri aya masezerano y'u Rwanda na Guverinoma y'u Bwongereza, aho yashimangiye ko atari ukwakira abimukira bazaza baturutse muri icyo gihugu gusa ko ahubwo hakubiyemo n'ingingo zirebana n'ubufatanye bw'ibihugu byombi mu iterambere ry'ubukungu.

Perezida wa Repubulika ya Czech, Petr Pavel yatangaje ko igihugu cye giteganya gutanga asaga Miliyoni y'amayero agamije gushyigikira u Rwanda muri iyi gahunda yo gukemura ikibazo cy'ubuhunzi.

Perezida Kagame kandi agagaraza ko ishyirwa mu bikorwa ry'aya masezerano ari kimwe mu byagabanya ibyago ku bihumbi by'Abanyafurika bagwa mu nyanja ya Mediterane buri mwaka.


<iframe width="560" height="315" src="https://www.youtube.com/embed/2VhyjB2r61Y?si=3Q2jgzLD_5R4qc7x" title="YouTube video player" frameborder="0" allow="accelerometer; autoplay; clipboard-write; encrypted-media; gyroscope; picture-in-picture; web-share" referrerpolicy="strict-origin-when-cross-origin" allowfullscreen></iframe>

 Adams Kwizera



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ben Kayiranga yagaragaje uko Visit Rwanda yugururiye amarembo Abanyarwanda i Par

Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya

Abahanzi basaga 200 bategerejwe i Kigali mu Iserukiramuco ‘Kigali Triennia

Art Rwanda Ubuhanzi yatumye hahangwa imirimo 400 mu myaka 2