AGEZWEHO

  • Nyamasheke: Mu minsi ibiri abarwayi 1000 bamaze kuvurirwa ku bitaro bya Kibogora n'Ingabo z'u Rwanda – Soma inkuru...
  • Ibibazo biri mu Burasirazuba bwa RDC ntibizakemuka Leta igikorana na FDLR- Abasesenguzi – Soma inkuru...

Amajyaruguru: Abarokotse Jenoside basabye abazi ahakiri imibiri gutanga amakuru igashyingurwa mu cyubahiro

Yanditswe Apr, 07 2024 18:17 PM | 181,755 Views



Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Ntara y’Amajyaruguru, barahamagarira abagifite imitima yinangiye, kugaragaza aho imibiri y’Abatutsi bishwe yashyizwe, kugira ngo ishyingurwe mu cyubahiro.

Mu Karere ka Rulindo, ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi byaranzwe no gushyingura mu cyubahiro mu rwibutso rwa Rusiga, imibiri 22 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi. 

Iy’abagera kuri 21 yari ishyinguye mu buryo butayihesha icyubahiro, mu gihe uw’umwe wari uherutse kuboneka ari uko isuri itambutse.

Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Ntara y’Amajyarugu bavuga ko mu myaka 30 ishize, ntawe ukwiye kuba agifite ingengabitekerezo ya Jenoside cyangwa ngo ahishe amakuru y’aho imibiri itarashyingurwa mu cyubahiro iherereye.

Ku mibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi itaraboneka muri Rulindo, umuyobozi w’ako Karere Mukanyirigira Judith yavuze ko ibikorwa  byo kuyishaka bikomeje, bikazajyana no guhuza inzibutso, zizasigara ari 6 zivuye ku  9.

Ni mu gihe mu Karere ka Musanze, gutangiza ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi byaranzwe no gucana urumuri rw’icyizere no kunamira inzirakarengane zirihuhukiye mu rwibutso rwa Busogo ndetse n’abari abakozi n’abanyeshuri b’icyahoze ari ISAE Busogo ubu ni Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Busogo.

Muri aka gace, hahoze ari Komini Mukingo ubu ni mu Mirenge ya Busogo, Gataraga na Shingiro, Abatutsi batangiye kwicwa mu mwaka wa 1990 bitwa ibyitso, bigeze ku itariki ya 07 Mata 1994 ubwicanyi bwarushijeho ngo bigizwemo uruhare na Joseph Nzirorera wari umwe mu bayobozi b’ishyaka rya MRND.

Gusa muri iyi myaka 30 ishize, abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bongeye kugira icyizere cyo kubaho.

Abatuye Akarere ka Musanze basabwe kwirinda ibyabatandukanya byose.

Abatuye Intara y’Amajyaruguru basabwe gukomeza gufata mu mugongo abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi no guhangana n’abapfobya n’abahakana amateka ya Jenoside.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ben Kayiranga yagaragaje uko Visit Rwanda yugururiye amarembo Abanyarwanda i Par

Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya

Abahanzi basaga 200 bategerejwe i Kigali mu Iserukiramuco ‘Kigali Triennia

Art Rwanda Ubuhanzi yatumye hahangwa imirimo 400 mu myaka 2