AGEZWEHO

  • Nyamasheke: Mu minsi ibiri abarwayi 1000 bamaze kuvurirwa ku bitaro bya Kibogora n'Ingabo z'u Rwanda – Soma inkuru...
  • Ibibazo biri mu Burasirazuba bwa RDC ntibizakemuka Leta igikorana na FDLR- Abasesenguzi – Soma inkuru...

Abarokotse Jenoside bangirijwe imitungo basabye ko imanza zitararangizwa zihutishwa

Yanditswe Apr, 10 2024 13:07 PM | 162,572 Views



Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bafite imitungo yangijwe n'iyasahuwe mu gihe cya Jenoside basabye ko amarangizarubanza bafite yashyirwa mu bikorwa bakishyurwa imitungo yabo.

Minisiteri y'Ubutabera igaragaza ko imanza zisaga 5000 zaciwe n'Inkiko Gacaca ari zo zisigaye zitararangizwa.

Karigirwa Godelive utuye mu Murenge wa Rusororo yangirijwe imitungo mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 ndetse abamusahuye baje guciribwa imanza n'Inkiko Gacaca bategekwa kwishyura ibyo basahuye.

Hashize imyaka igera kuri 14 afite impapuro z'amarangizarubanza ariko ntarishyurwa.

Umuryango uharanira Inyungu z'Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, IBUKA, ushima akazi kakozwe n'Inkiko Gacaca.

Perezida wa IBUKA, Dr Philibert Gakwenzire, yatanze icyizere ko n'imanza zitarangiye inkiko zizazirangiza.

Ku barangirijwe imanza bavuga ko byabafashije kuzamura igipimo cy'ubumwe n'ubwiyunge hagati yabo n'ababahemukiye.

Minisiteri y'Ubutabera igaragaza ko hari gukorwa ibishoboka byose n'imanza zisaga gato ibihumbi 5 zirangizwe.

Umuyobozi w'Ishami rya Minisiteri y'Ubutabera rishinzwe kwegereza ubutabera abaturage, Mugabo Frank, yemeza ko bari gufatanya na Minisiteri y'Ubutegetsi bw'Igihugu mu kurangiza izi manza.

Minisiteri y'Ubutabera igaragaza ko imanza zaciwe n'Inkiko Gacaca zirarangizwa ari miliyoni 1 n'ibihumbi 492 na 652 mu gihe izitararangira ari 5.416.

Jean Paul Turatsinze



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ben Kayiranga yagaragaje uko Visit Rwanda yugururiye amarembo Abanyarwanda i Par

Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya

Abahanzi basaga 200 bategerejwe i Kigali mu Iserukiramuco ‘Kigali Triennia

Art Rwanda Ubuhanzi yatumye hahangwa imirimo 400 mu myaka 2