AGEZWEHO

  • WASAC igiye kubaka bundi bushya ikimoteri cya Nduba – Soma inkuru...
  • Umujyi wa Kigali watangaje ko ugiye guhagurukira abateza urusaku – Soma inkuru...

Abarokokeye Jenoside muri Ste Famille bavuze inzira y’umusaraba banyuzemo

Yanditswe Apr, 23 2024 09:43 AM | 89,242 Views



Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi by’umwihariko kuri Kiliziya ya Ste Famille, bavuga ko banyuze mu nzira y’umusaraba ariko ko nyuma y’imyaka 30 bataheranywe n’agahinda ahubwo biyubatse.

Masengo Gilbert warokokeye mu yahoze ari Segiteri ya Rugenge ari na wo Murenge wabarizwagamo Kiliziya St Famille, avuga uburyo Abatutsi biciwe muri iyi kiliziya no mu nkengero zayo, bigizwemo uruhare cyane n’abayobozi b’iyi Paruwasi ari bo Padiri Wenceslas Munyeshyaka na Arkiyepiskopi wa Kigali, Musenyeri Nsengiyumva Vincent.

Marie Grace Mukabyagaju wari umwarimu ku Kigo cy’Amashuri Abanza cya St Famille, avuga ko nubwo bitari byorosye kurokoka ariko Imana yabarinze.

Yagaragaje ko nyuma y’imyaka 30, biyubatse ndetse bakomeje gutera imbere kubera ubuyobozi bwiza bw’Igihugu.

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyarugenge, Emmy Ngabonziza, yavuze ko taliki ya 22 Mata by’umwihariko mu Karere ka Nyarugenge, hazirikanwa ubudaheranwa bw’u Rwanda ndetse n’Abanyarwanda muri rusange.

Kuri Kiliziya ya St Famille hiciwe Abatutsi barenga ibihumbi 10, bari baturutse mu zahoze ari Segiteri Rugenge, Muhima na Gikondo muri Komini Nyarugenge.

Kanyamanza Innocent



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ben Kayiranga yagaragaje uko Visit Rwanda yugururiye amarembo Abanyarwanda i Par

Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya

Abahanzi basaga 200 bategerejwe i Kigali mu Iserukiramuco ‘Kigali Triennia

Art Rwanda Ubuhanzi yatumye hahangwa imirimo 400 mu myaka 2