Yanditswe Apr, 02 2024 12:22 PM | 165,812 Views
Kuva umwaka wa 2024 utangiye, mu Biyaga bya Burera na
Ruhondo hamaze kuberamo impanuka ebyiri zikomeye zapfiriyemo abaturage 12.
Iyi mibare yagarutsweho kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 2 Mata 2024, ubwo Polisi y'u Rwanda, Ishami ryo mu mazi yari mu Karere ka Burera mu bukangurambaga bwo kwirinda impanuka zo mu mazi zikunze kumvikana mu Biyaga bya Ruhondo na Burera.
Ni ubukangurambaga bwahuje abaturage bo mu mirenge icyenda y’i Burera ndetse n'abaturage bagize imirenge itatu yo mu Karere ka Musanze.
Polisi y'u Rwanda ivuga Ko mu Biyaga bya Ruhondo na Burera hakunze kugaragaramo impanuka zo mu mazi aho nko muri uyu mwaka wa 2024 hamaze kugwamo abantu 12 mu gihe umwaka ushize wa 2023 haguyemo abantu 43.
Izo mpanuka zo mu mazi zikunze guterwa n'abakora uburobyi butemewe bazwi nka barushimusi, abanyuzamo za magendu mu bwato, abafite ubwato budafite ibyangombwa bisabwa birimo imyambaro yabugenewe, kutagira ubwishingizi bw'ubwato ku bibumbuye mu makoperative yambutsa abantu n'abakora uburobyi.
Abaturage baturiye Ibiyaga bya Burera na Ruhondo nyuma yo gusobanurirwa na Polisi uruhare rwabo mu kubibungabunga birinda impanuka zo mu mazi bavuze ko bagiye gufata ingamba zo kubahiriza amabwiriza barushaho kwirinda ibyabateza impanuka zikunze gutwara ubuzima bwa bene wabo.
Byiringiro Robert
Ben Kayiranga yagaragaje uko Visit Rwanda yugururiye amarembo Abanyarwanda i Paris
Apr 22, 2024
Soma inkuru
Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya
Apr 19, 2024
Soma inkuru
Abasaga 200 bategerejwe i Kigali mu Iserukiramuco ‘Kigali Triennial’
Feb 12, 2024
Soma inkuru
Art Rwanda yatumye hahangwa imirimo 400 mu myaka 2
May 15, 2023
Soma inkuru