Yanditswe Mar, 20 2024 20:47 PM | 133,121 Views
Inteko rusange y'Umutwe w'Abadepite yasabye inzego zibishinzwe, gukemura ibibazo bikibangamiye imibereho myiza y'abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batishoboye mu gihe kitarenze amezi 6.
Raporo ya komisiyo y'ubumwe bw'abanyarwanda uburenganzira bwa muntu no kurwanya jenoside mu mutwe w'Abadepite, igaragaza ko hari intambwe ishimishije yatewe mu gukemura ibibazo by'abarokotse Jenoside harimo kuba umubare munini w'abari bakeneye amacumbi na serivise z'uburezi n'iz'ubuzima barazibonye, bigatuma ubu imiryango imwe y'abarokotse jenoside ibeshejweho n'amikoro yayo ubwayo.
Ku rundi ruhande, iyi komisiyo isanga hakiri ibibazo bibangamiye bamwe mu barokotse jenoside, harimo abadashobora kwishyura ikiguzi cy'ubuvuzi bifuza ko Leta yajya ibishyurira 100% mu mavuriro yose, ikibazo cy'amafaranga 12.500 y'inkunga y'ingoboka ahabwa uwarokotse jenoside utishoboye bivugwa ko ari make cyane ugereranije n'ubukene bw'imiryango yabo baba bareberera, abatarabona amacumbi cyangwa abafite ayamaze kwangirika kubera ko yubatswe mu buryo butarambye n'ibindi.
Perezida wa komisiyo y'ubumwe bw'abanyarwanda uburenganzira bwa muntu no kurwanya jenoside, Depite Nyirahirwa Veneranda avuga ko baganiriye n'inzego zibishinzwe basanga bimwe muri ibi bibazo bishobora gukemurwa vuba n'ibindi bisaba amikoro leta idafite muri iki gihe.
Bamwe mu badepite bavuga inzego bireba zikoreye hamwe bimwe muri ibyo bibazo byakemuka vuba.
Jean Paul MANIRAHO
Ben Kayiranga yagaragaje uko Visit Rwanda yugururiye amarembo Abanyarwanda i Paris
Apr 22, 2024
Soma inkuru
Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya
Apr 19, 2024
Soma inkuru
Abasaga 200 bategerejwe i Kigali mu Iserukiramuco ‘Kigali Triennial’
Feb 12, 2024
Soma inkuru
Art Rwanda yatumye hahangwa imirimo 400 mu myaka 2
May 15, 2023
Soma inkuru