Yanditswe May, 10 2017 16:13 PM | 2,003 Views
Perezida wa Repubulika Paul Kagame avuga ko umugabane wa Afurika ugomba kugira umuyoboro wa internet kandi wihuta kuko bizihutisha iterambere uyu mugabane ukeneye kugeraho. Ibi umukuru w'igihugu yabitangaje kuri uyu wa gatatu ubwo yafunguraga ku mugaragaro inama ya Transform Africa izamara iminsi itatu.
Umukuru w'igihugu avuga ko umugabane wa Afurika ugomba kugira umuyoboro wa internet yihuse kandi ihuza abantu bose. Gusa ngo ikibazo nuko kugeza ubu abanyafurika bagera ku murongo wa internet bahagaze kuri 20% gusa mugihe hasigaye imyaka itatu gusa ngo intego umugabane wa Afrika wari wihaye wo kugera ku kigero cya 50% ibe yagezweho.
Perezida wa Repubulika yavuze ko kugeza ubu Afrika ariwo mugabane ufite imijyi ikura ku muvuduko wo hejuru ikibazo ngo iyi mijyi usanga idafite umurongo wikoranabuhanga rya internet uyihuza.
Ikindi ngo n'ubwo imijyi ya Afrika ikomeje gukura kdi vuba. Afrika niwo mugabane ugifite abaturage batitabira gutura mu mijyi.
“Afurika ifite imijyi ikomeje gukura ku muvuduko uri hejuru ariko kandi Afrika niwo mugabane udaturwe ku rwego rw'imijyi”Perezida Kagame
Yavuze ko ikoranabuhanga ari uburyo bunoze butanga ibisubizo ku mbogamizi zigaragara ku mugabane wa Afurika.
Gusa,ibi byose Perezida Paul Kagame yemeza ko bizagerwaho ari uko za leta nabikorera bafatanyiriza hamwe mu gutuma iri koranabuhanga risakara mu baturage batuye umugabane wa Afurika.
Ku rundi ruhande ariko umukuru w'igihugu avuga ko ikoranabuhanga rigomba kuri bose ntavangura rishingira ku gitsina cg ubushobozi bw'abantu mu kwigira.
Ben Kayiranga yagaragaje uko Visit Rwanda yugururiye amarembo Abanyarwanda i Paris
Apr 22, 2024
Soma inkuru
Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya
Apr 19, 2024
Soma inkuru
Abasaga 200 bategerejwe i Kigali mu Iserukiramuco ‘Kigali Triennial’
Feb 12, 2024
Soma inkuru
Art Rwanda yatumye hahangwa imirimo 400 mu myaka 2
May 15, 2023
Soma inkuru