AGEZWEHO

  • Abanyarwanda basaga miliyoni ebyiri bagiye gutora Umukuru w’Igihugu bwa mbere – Soma inkuru...
  • Perezida Kagame asanga nta mbogamizi n’ibibazo Afurika ihura nabyo bitabonerwa umuti – Soma inkuru...

Ubwishingizi bw'Amafi mu bigiye kwitabwaho guhera mu 2023

Yanditswe Jan, 06 2023 17:34 PM | 3,648 Views



Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi ivuga ko gushyira amafi mu bwishingizi, ari kimwe mu bizatuma ubworozi bwayo burushaho gushorwamo imari no kubyaza umusaruro ibiyaga biri mu gihugu. Aborozi b'amafi mu Rwanda bashimangira ko bari batewe impungenge n'uko amafi atishingirwaga nyamara ubworozi bwayo bukomeje gutanga umusaruro ufatika.

Amafi, bumwe mu bworozi bukomeje gushorwamo imari na benshi hirya no hino mu gihugu uhereye ku magi atanga abana b'amafi kugeza ku mafi yororwa akajyanywa ku masoko.

Umusaruro w'amafi  mu mwaka wa 2021/2022 ungana na miliyoni 43.560 za toni.

Gusa abari muri ubu bworozi bagaragaza ko usibye kuba ibiryo byayo bihenze ngo haniyongeraho n'uko atarashyirwa mu bwishingizi nyamara ubworozi bwayo bukunze guhura n'ibibazo byinshi.

Guhera mu uru ku kwezi kwa Mbere 2023, amafi nayo yemerewe gushyirwa mu bwishingizi.

Umuyobozi mukuru muri minisiteri y'ubuhinzi n'ubworozi ushinzwe uruhererekane nyongeragaciro, Octave Nshimiyimana avuga ko kongera umubare w'ibihingwa n'amatungo byishingirwa harimo n'amafi bizongera abashoramari mu buhinzi n'ubworozi.

Ibigo 5 nibyo bisanzwe bitanga service z'ubwishingizi bw'ibihingwa n'amatungo, muri ibi bigo akaba ari ho leta inyuza nkunganire igenerwa abaturage kugirango bizorohe igihe bizaba ngombwa ko umuhinzi cyangwa umworozi agobokwa.

Bamwe mu bahagarariye ibi bigo by'ubwishingizi basobanura ko biteguye gukomeza kwakira abahinzi n'aborozi bashya muri iyi  gahunda.

Kuva muri Mata 2019 ubwo hatangiranga gahunda ya ''tekana urishingiwe muhinzi-mworozi'', abamaze kugerwaho n'iyi gahunda bagera ku bihumbi 513, aho leta imaze gutanga nkunganire ya miliyari 1 na miliyoni 700, naho miliyari 4 na miliyoni 246 zatanzwe muri gahunda yo kugoboka abahuye n'ibibazo.

Minagri isaba ibigo by'ubwishingizi kunoza service kugirango abagobokwa bahabwe amafranga yabo ku gihe.

Jean Claude Mutuyeyezu



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Abanyarwanda basaga miliyoni ebyiri bagiye gutora Umukuru w’Igihugu bwa mb

Abantu 8 bashaka kwiyamamaza ku giti cyabo mu matora ya Perezida w’u Rwand

Igishobora gukorwa ahandi ku Isi cyakorwa no muri Afurika- Perezida Kagame

Perezida Kagame asanga nta mbogamizi n’ibibazo Afurika ihura nabyo bitabon

NEC yatangaje ko mu minsi ya vuba ibikorwa byo kwiyamamaza bigiye gutangira

Umurungi yakomoje ku isomo rya Jenoside yakorewe Abatutsi ku burenganzira bwa mu

Abafite ibinyabiziga by’amashanyarazi basabye ko sitasiyo zabyo zigezwa ho

I Kigali hari kwigirwa uko abasivili barindwa mu ntambara hakoreshejwe AI