Yanditswe Dec, 02 2022 05:41 AM | 223,970 Views
Ubushakashatsi n'ibyegeranyo ku bwandu bushya bwa Virus itera SIDA, bigaragaza ko urubyiruko by'umwihariko abakobwa aribo bugarijwe n'ubu bwandu.
Ibipimo by’ubwandu bushya bigaragaza ko abakobwa bari kuri 3,7% mu kwandura mu gihe abahungu ari 2, 2%.
Abaturage biganjemo urubyiruko basanga hakenewe kongera ubukangurambaga bwimbitse mu guhagarika umuvuduko w'ubwandu bushya bwa Virus itera SIDA bukomeje kwiyongera cyane mu rubyiruko. Barabivuga mu gihe kuri iyi tariki ya 1 Ukuboza ari umunsi mpuzamahanga wo kurwanya SIDA, wizihirijwe karere ka Huye ku rwego rw'igihugu.
Ndagiwenimana Apollinare atuye mu Murenge wa Muganza wo mu karere ka Gisagara, avuga ko kuba ubwandu bushya burimo kwiyongera mu rubyiruko, biterwa n'uko abantu by'umwihariko urubyiruko babona Icyorezo cya SIDA bakagifata nk'izindi ndwara batagitinya kuyandura.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Urwego rushinzwe imyigishirize y’abakozi mu rwego rw’ubuvuzi, Dr. Patrick Ndimubanzi, avuga ko mu gukomeza guhanga na SIDA hagabanywa ubwandu bushya, leta ishyize imbaraga mu bukangurambaga no kuzamura imyumvire cyane cyane mu rubyiruko.
Ishami ry'umuryango w'abibumbye ryita ku buzima, OMS rigaragaza ko mu Rwanda kuva mu mwaka wa 2005, abantu bafite virus itera SIDA bari kuri 3% by'abaturage bose.
Ni mu gihe ubushakashatsi buheruka gukorwa n'ikigo cy'igihugu gishinzwe ubuzima RBC , bwagaragaje ko mu Rwanda ubwandu bushya bwagabanutse ku kigero cya 50% mu myaka itanu ishize, aho abandura kuri ubu ari abantu ibihumbi 5000 ku mwaka.
Jean Pierre Ndagijimana
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura icyizere
Apr 16, 2024
Soma inkuru