Yanditswe May, 25 2019 23:19 PM | 6,134 Views
Urubyiruko rusaga ibihumbi 8 rwitabiriye ibikorwa by'urugerero ruciye ingando hirya no hino mu gihugu ruvuga ko bashyize imbaraga mu bikorwa bihindura imibereho y'abaturage no guhindura imyumvire ya bamwe idindiza iterambere ry'igihugu.
Ibikorwa uru rubyiruko ririmo bihindura imibereho y'abaturage byiganjemo imirimo y'amaboko, kubakira abatishoboye, kurwanya imirire mibi, ndetse no kurwanya icuruzwa n'ikwirakwizwa ry'ibiyobyabwenge.
Nyirabagarura Esperance w'imyaka 58 utuye mu Murenge wa Rukara, mu Karere ka Kayonza yaramaze igihe kinini aba mu nzu yari ishaje ku buryo yari afite impungenge z'uko izamugwaho. Ni umwe mu bagezweho n'ibi bikorwa by'urubyiruko ruri mu rugerero ruciye ingando ashima iki gikorwa cy'indashyikirwa.
Bamwe muri uru rubyiruko rwitabiriye iki gikorwa cy'urugerero ruciye ingando ruvuga ko imbaraga bakoresha muri ibi bikorwa zunganira ingengo y'imari igihugu cyagashyize muri ibi bikorwa bihindura imibereho y'abaturage.
Minisitiri ushinzwe ubutaka n'imiturire mu gihugu cya Angola Ana Paula de CARVALHO ashima gahunda nk'izi zo kwishakamo ibisubizo n'uburyo abaturage bazigiramo uruhare.
Atangiza ku mugaragaro ibikorwa by'urugerero ruciye ingando, Minisitiri w'ubutegetsi bw'igihugu Prof Shyaka Anastase yavuze ko urubyiruko ari imbaraga z'igihugu ndetse ko umusanzu batanga wo guhindura imibereho y'abaturage ari ingirangamaro bakaba basabwe kongeramo imbaraga kuri izi gahunda zo kwishakamo ibisubizo.
Uru rugerero ruciye ingando muri uyu mwaka wa 2019 rwitabiriye n'abanyeshuri barangije amashuri yisumbuye mu mwaka wa 2018, bagera ku 8265 rukaba ruri kubera ku rwego rwa buri karere kuri site 27.
Ni igikorwa uru rubyiruko ruzamaramo ukwezi rukora imirimo itandukanye ifasha abaturage gutera imbere.
Inkuru ya Jean Paul Turatsinze
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza
3 hours
Soma inkuru
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa
4 hours
Soma inkuru
Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata
Apr 21, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru