AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Perezida Kagame yitabiriye umuhango wo kwibuka Shimon Peres wayoboye Israel

Yanditswe Sep, 22 2020 21:22 PM | 22,505 Views



Perezida wa Repubulika Paul Kagame yitabiriye umuhango wo kwibuka Shimon Peres wabaye Perezida wa Israel na Minisitiri w’Intebe w’iki gihugu, witabye Imana mu mwaka wa 2016. Ni igikorwa cyabaye hifashishijwe ikoranabuhanga

Perezida Kagame yavuze ko abatuye isi bakwiye kongera gutekereza ku ndangagaciro zaranze Shimon Peres, kandi kumwibuka bikajyana no kuzirikana ko amahoro n’umutekano ari ibintu bikenewe mbere na mbere mu mibereho myiza n’iterambere rya muntu.

Umukuru w’Igihugu yavuze ko ku ruhande rwa Guverinoma y’u Rwanda, Abanyarwanda, no mu izina rye bwite ari iby’agaciro kwitabira umuhango wo kwibuka Perezida Shimon Perez wari n’inshuti y’u Rwanda.

Yagize ati “Uyu munsi ibitekerezo byanjye biri kumwe n’umuryango wa Perezida Peres. Mu gihe twibuka umurage w’uyu mugabo w’umuyobozi ukwiye wanyuze imitima ya benshi binyuze mu rugero yatanze, twaba tugize neza twibutse ko amahoro n’umutekano ari ishingiro ry’imibereho myiza ya muntu ndetse n’iterambere,muri Israeli ndetse n’ahandi ku isi. Nk’uko Shimon Peres yabivuze, amahoro si amahitamo ya politiki, ni ikintu cy’ibanze mu mateka ndetse n’amahitamo akwiye kuranga imibireho.”

Perezida Kagame yagaragaje ko kwibuka Perezida Shimon Peres ari ukwibuka uburyo yaharaniraga amahoro, akabishyiramo imbaraga ze n’ubwo hataburaga imbogamizi. Yavuze ko ikigo cyitiriwe Peres, aricyo Peres Centre for peace and innovation gikwiye gukomeza gusigasira indangagaciro zarangaga Peres, zikigishwa n’urubyiruko rw’ibisekuru bizaza.

Shimon Peres yabaye Minisitiri w’Intebe wa Israel wa 8 guhera mu Gushyingo 1995 kugeza muri kamena 1996; aba na Perezida wa Israel kuva 2007 kugeza muri 2014. Yaje kwitaba imana tariki 28 Nzeli 2016.


        Perezida wa Repubulika, Paul Kagame



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage