AGEZWEHO

  • Tariki 20 Mata 1994 ni bwo Umwamikazi Gicanda yishwe – Soma inkuru...
  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...

Amafoto - Perezida Kagame na Madamu bari kumwe na Gen. Kainerugaba bitabiriye Siporo rusange

Yanditswe Oct, 16 2022 14:28 PM | 197,696 Views



Kuri iki cyumweru Perezida wa Repubulika Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bari kumwe na Gen. Muhoozi Kainerugaba uri mu ruzinduko rwihariye mu Rwanda bitabiriye siporo rusange izwi nka Car Free Day yahuriranye n'ukwezi k'ubukangurambaga ku kurwanya indwara ya kanseri y'ibere.


Mu bitabiriye iyi siporo rusange harimo abarwaye kanseri y'ibere barayikira bemeza ko izahaza uyirwaye ariko bagashima imbaraga leta ikomeje gushyira mu kuyirwanya no kuyivura.

Minisitiri w' Ubuzima Dr. Daniel Ngamije avuga ko ubu Leta y' u Rwanda ifite ubushobozi bwo kuvura iyi kanseri n' izindi kuburyo buhagije, anasaba abantu kuzajya bayipimisha hakiri kare kuko iyo bitinze kuyivura bigorana.


Abakobwa bakiri bato bitabiriye iyi siporo rusange n'ubu bukangurambaga, bavuze ko bahakuye amasomo azabafasha guhangana n'iyi ndwara.

Kanseri y’ibere iri muri kanseri ziri ku isonga mu guhitana abagore ku isi. Mu 2020, abagore bagaragayeho iyo ndwara ni miliyoni 2.300 000 muri bo 685,000 yarabahitanye. Mu Rwanda, mu mwaka wa 2020 abapimwe bagasanganwa iyi ndwara bagera kuri 650 bikaba bigize ijanisha rya 13% by’abarwaye indwara za kanseri bose.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira