AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Olivier Nizeyimana yatorewe kuyobora FERWAFA, uko amatora yagenze

Yanditswe Jun, 27 2021 18:45 PM | 127,690 Views



Kuri iki Cyumweru, ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda FERWAFA ryabonye umuyobozi mushya wasimbuye  Rtd Bg.Gen.Sekamana Jean D’amascene uherutse kwegura kuri uwo mwanya, uyu akaba ari Olivier Nizeyimana.

Akimara gutorwa, Nizeyimana yasezeranyije ko azakoranira hafi n’abanadi bafite uburanararibonye mu mupira w’amaguru, kugira ngo barusheho kuwuteza imbere.

Mu gihe kingana n’imyaka ine, ni Mugabo Nizeyimana Olivier watorerwe kuyobora ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda FERWAFA azamara.

Ni amatora yabereye mu nteko rusange yayo idasanzwe kuri iki cyumweru. Uyu mugabo yatowe ku bwiganze bw’amajwi 52 kuri 59 mu bitabiriye iyi nteko itora.

Mu kiganiro n’itangazamakuru, yagarutse ku byo yitezweho, maze agaragaza ko byose bizashingira kuri manifesto ye, irimo guteza imbere umupira w’amaguru hahereye ku bakiri bato.

Yagize ati “Ntabwo manifesto yacu twayihereye ku byo bakoze kuko nta n’ubwo tuzi niba byarabananiye, ahubwo twayihereye ku bibazo tureba, tumaze ku bibona twiremamo ubwenge n’imbaraga n’ubushobozi tubona twabikemura. Mu guteza imbere umupira w’abakiri bato ndetse n’abagore, ni byinshi cyane harimo n’ibyo gutunganya amarerero. Tuzashaka abaterankunga icyo tugomba guheraho ni ukwicaza abo bantu bose tukababaza ibibazo bafite ndetse tukabigisha no gukora kinyamwuga.’’

Ku kibazo cy’umubare w’abanyamahanga ukiri muto muri shampiyona y’u Rwanda, Nizeyimana yavuze ko ari ikibazo kigiye kuganirwaho mu by’ibanze, ndetse yongeraho ko azanagirana ibiganiro n’abakiniye ikipe y’igihugu Amavubi, ngo kuko gukorana nabo ari iby’agaciro.

Ni umwanya yari ahanganiyeho na Rurangirwa Louis, waje kuvanamo candidature ye ku munota wa nyuma, avuga ko hari amwe mu mategeko atubahirijwe bityo akaba akuyemo ake karenge.

Perezida mushya wa Ferwafa Nizeyimana Olivier, akaba asimbuye kuri uyu mwanya Rtd Brig Gen. Sekamana Jean Damascene weguye kuri uyu mwanya muri Mata uyu mwaka, umwanya yari amazeho imyaka irenga itatu.

Aya matora kandi yanitabiriwe n’intumwa ya CAF akaba n’umuyobozi wa CECAFA Karia  Wallace, ndetse n’intumwa ya FIFA Salomon Mudege.

Aba bose bashimye uko amatora yagenze, bavuga ko yabaye mu mucyo no mu bwisanzure.


Faradji Niyitegeka




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama