Yanditswe Sep, 29 2020 11:20 AM | 55,890 Views
Inama njyanama y’Akarere ka Rubavu
yasabye ubuyobozi bw’akarere n’abikorera ko mu cyumweru kimwe baba basinye
amasezerano yo gusubukura imirimo yo kubaka isoko rya Rubavu rimaze imyaka 10
ritaruzura. Ngo nihashira bitakorwa rizgurirwa
abandi babishoboye.
Nyuma yaho isoko rya Gisenyi ryongeye gusubizwa Akarere ka Rubavu, ubuyobozi bwako bwifuza ko abikorera bo muri aka karere ari bo bakomeza kuryubaka, nyumo y’imyaka icumi ryaradindiye
Rukanika Jean Leonard, Umuyobozi wa Sosiyete Sivile asanga abikorera bo muri aka karere nta bushobozi bafite bwo kubaka iryo isoko, bityo agasaba ubuyobozi bw’akarere ko bwafatananya na bo, iri soko rikubakwa abaturage bakabona aho bacururiza heza.
Iyi n’imwe mu ngingo yizweho mu nama njyanama y’akarere ka Rubavu yateranye kuri uyu wa Mbere, iyitangaho umwanzuro ko mu cyumweru hagomba gusinywa amasezerano yo kubaka iri soko hagati y’ubuyobozi bw’akarere n’abikorera bo bibumbiye muri company Rubavu Investment.
Umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu Nzabonimpa Deogratius we avuga ko barangije kubyemeranya kandi akarere kazaba gafite imigabane y’icumi ku ijana, ituruka ku nyubako irimo yadidindiye bahaye agaciro karenga miliyayari ebyiri.
Gusa muri iyi nama njyanama hagaragaje ko abikorera bari bifuje ko akarere aho kugira imigabane ya 10%, kagabanya kakagira 1 cyangwa 2 %.
Twifuje kumva icyo ubuyobozi bw'urwego rw'abikorera mu karere ka Rubavu bubivagaho niba bafite ubushobozi bwo kubaka iri soko, ariko bwirinze kugira icyo bubivugaho.
Cyakora umuyobozi w’inama njyanama y’akarere ka Rubavu Nyirirugo Come Degaule avuga ko imirimo yo kubaka isoko rya Gisenyi nidakorwa mu gihe cy’ukwezi, nyuma yo gusinya amasezerano , rizahita rihabwa abandi.
Ntabwo ari ubwa mbere inama njyanama ifashe umwanzuro nk'uyu, kuko no mu nama njyanama idasanzwe yari yateranye mu kwezi kwa kabiri uyu mwaka, na bwo bari babahaye amezi abiri, ariko ntibyashirwa mu bikorwa, ikaba ariyo mpamvu sosiyete civili igaragaza ko abikorera nta bushobozi bafite bwo kuryubaka.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu bugaragaza ko icyiciro cya mbere cyo kubaka iri soko rya Gisenyi rizatwara amafaranga akabakaba miliyari eshanu, abikorera abaka basabwa arenga miliyari ebyiri n’igice.
Fredy RUTERANA
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura icyizere
Apr 16, 2024
Soma inkuru