AGEZWEHO

  • Tariki 20 Mata 1994 ni bwo Umwamikazi Gicanda yishwe – Soma inkuru...
  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...

Mukakarangwa wa PCD na Mugisha wa Green Party batorewe kuba abasenateri

Yanditswe Sep, 25 2020 11:26 AM | 74,136 Views



Ihuriro ry’Igihugu Nyungurabitekerezo ry'imitwe ya Politiki kuri uyu wa 4 ryatoye abazarihagararira muri  Sena rinatora umuvugizi w'iryo huriro n'umwungirije.

Abatowe nk’abasenateri b’ihuriro ni Mukakarangwa Clotilde wo mu Ishyaka riharanira demokarasi ihuza Abanyarwanda-PDC wagize amajwi 36 na Mugisha Alexis wo mu Ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije DGPR wagize amajwi 34.

Ni amatora yabaye ku bwumvikane bw'abagize iri huriro ubwabo, hatiriwe hazamo izindi nzego zirebwa n’amatora nk'uko bisobanurwa na Burasanzwe Oswald, Umunyamabanga nshingwabikorwa w'iri huriro:

Abitabiriye aya matora ni abayoboke b'imitwe ya politiki 11 bagize inama rusange y'ihuriro ry'imitwe ya politiki, aho buri mutwe uba uhagarariwe n'abayoboke 4.

Amadosiye y’aba batowe azashyikirizwa urukiko rw'ikirenga ruyemeze, mbere y'uko barahirira ku myanya y'abasenateri.

Aba basenateri 2 hamwe n’abandi 4 bazashyirwaho na Perezida wa Republika, bazajya mu mutwe wa Sena mu kwezi gutaha kwa 10 ubwo abo bazasimbura abazaba barangije manda yabo.

Iri huriro kandi ryatoye umuvugizi mushya ari we Uwera Pélagie, wo mu ishyaka riharanira demokarasi n'imibereho y'abaturage-PSD akaba asimbuye Munyangeyo Théogène wo muri PL. Yizeza ko azashyira ingufu mu guhuriza hamwe ibitekerezo byubaka igihugu.

John BICAMUMPAKA



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira