Yanditswe Jul, 12 2022 20:11 PM | 46,327 Views
Mu Rwanda hamaze gutangizwa ubuhinzi budasanzwe bw'umuceri bukomatanyije n'ubworozi bw’amafi mu murima umwe. Ni mugihe bamwe mu bahinzi bo mu Karere ka Rwamagana bakomatanya ubu buhinzi bw’ umuceri n’ubworozi bw’ amafi mu murima umwe bahamya ko bwabateje imbere.
Aha ni mu Gishanga cya Cyimpima aho abahinzi bari kwita ku mafi, akiri mu mazi yo mu murima basaruyemo umuceri.
Mu kwezi kwa Mbere aba bahinzi batunganyije umurima, bahingamo umuceri, ariko nyuma y' ukwezi kumwe, bahamya ko ubu buhinzi bukomatanyije n'ubworozi bwabahaye umusaruro mwinshi ugereranyije na mbere.
Ni ubuhinzi budasanzwe ariko busaba ubuhanga, nyaamara aba bahinzi bafite kubera gahunda y’ ishuri ryo mu murima. Ubu buhinzi burengera ibidukikije kandi bukungura abahinzi kurushaho nk'uko bisobanurwa na Higiro Joseph umukozi w’ ishami ry’ Umuryango w'Abibumbye ryita ku biribwa, FAO, ukorana n'aba bahinzi umunsi ku munsi.
Uku gukomatanya ubuhinzi bw’ umuceri n’ubworozi bw’ amafi, Umuyobozi w’ Ishami ry’ umuryango w'Abibumbye ryita ku biribwa mu Rwanda, Orlando SOSA agaragarza ko ari ikoranabuhanga no guhanga udushya mu buhinzi kandi leta ibishyigikira ku buryo bizera ko bizarushaho gutanga umusaruro.
"Twakoranye n' uburyo busanzweho bw' ishuri ryo mu murima, aho umuhinzi yigira kuri mugenzi we basanzwe bakorana ubuhinzi, hanyuma bakiga iri koranabuhanga banabikora aho nyine mu murima, bakanabona umusaruro uvuyemo, ibi bibafasha gukomeza kumva akamaro k'ikoranabuhanga."
Nubwo uyu mushinga ukiri mu nyigo, aba bahinzi bagaragaza ko kuri are 20 basaruragaho ibiro bitarenze 900 by’ umuceri ubu bahasarura toni imwe n’ ibiro
birenga ijana by’ umuceri, kandi bakanahororera amafi agera ku bihumbi 12.
Ubu buhinzi bukaba busanzwe bukorwa mu bihugu byo muri Azia ndetse n'ibihugu bimwe na bimwe bya Afurika.
Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Apr 19, 2024
Soma inkuru
REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr
Jan 19, 2024
Soma inkuru
Oscar Pistorius yafunguwe nyuma y'imyaka 11 ishize yishe uwari umukunzi we
Jan 05, 2024
Soma inkuru
Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda
Dec 14, 2023
Soma inkuru
Twitege iki kuri Tour du Rwanda 2024?
Nov 09, 2023
Soma inkuru
Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya
Nov 05, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023
Oct 22, 2023
Soma inkuru
Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abagenda n'amaguru
Oct 15, 2023
Soma inkuru