AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

MINEDUC irifuza ko uruhare rw’ababyeyi muri 'school feeding' rwaba itegeko

Yanditswe Nov, 13 2020 19:41 PM | 66,599 Views



Nyuma y'imyaka 6 Leta y'u Rwanda itangije gahunda yo kugaburira abana ku mashuri, Minisiteri y'uburezi irifuza ko uruhare rw'umubyeyi muri iyi gahunda ruba itegeko nyuma yaho bigaragaye ko bamwe mu babyeyi banga gutanga umusanzu wabo, bigatuma kugaburira abana bihinduka umutwaro ukomeye kuri Leta.

Gahunda yo kugaburira abana ku mashuri izwi nka School feeding, yatangijwe na Leta y'u Rwanda guhera mu mwaka wa 2014. Icyakora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa yagiye ihura n'imbogamizi zinyuranye k'uburyo umwaka ushize wa 2019 warangiye iri kuri 60%.

Kuba hari umubare munini w'ababyeyi badatanga umusanzu wabo biri mu bikomeje gukoma mu nkokora iyi gahunda, nkuko bamwe mu bayobozi b'ibigo by'amashuri batahwemye kubigaragaza.

Ni ikibazo cyongeye gukurura impaka ubwo komisiyo y'uburezi, ikoranabuhanga, umuco n'urubyiruko mu nteko ishinga amategeko yasuzumaga umushinga w'itegeko rigenga uburezi mu Rwanda.

Mu mushinga w'itegeko rigenga uburezi mu Rwanda, mu ngingo irebana n'inshingano z'umubyeyi mu guteza imbere ireme ry'uburezi, harimo guha umwana ibikenewe mu myigire ye ndetse minisiteri y'uburezi ikifuza ko mu bikenewe umubyeyi akwiye guha umwana we ifunguro ritaburamo.

Minisitiri w'Uburezi Dr. Uwamariya Valentine, avuga ko kubishyira mu itegeko byakemura ikibazo cy'ababyeyi bikuragaho izo nshingano bakaziharira Leta gusa.

Amafaranga 56 niyo nkunga ya Leta ku munsi, kuri buri mwana kugira ngo abashe gufata ifunguro muri iyi gahunda ya school feeding. Ingengo y'imari yari yagenewe iyi gahunda mu myaka 5 ya mbere ni miliyari zisaga 27 z'amafaranga y'u Rwanda, ni ukuvuga asaga miliyari 5 buri mwaka, gusa bikaba byari biteganyijwe ako iyi ngengo y'imari igomba kongerwa ariko ntibivaneho uruhare rw'ababyeyi.


Divin UWAYO 



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira