AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

METEO Rwanda irateguza abaturage ko imvura y'itumba izagwa mu mezi 3

Yanditswe Feb, 21 2018 21:25 PM | 5,515 Views



Ikigo cy’igihugu gishinzwe iteganyagihe cyagaragaje ko imvura y’itumba izagwa mu mezi 3 ari imbere, ishobora kwiyongera cyangwa ikagabanuka bitewe n’agace runaka. Abahinzi barakangurirwa gukoresha amakuru y’ubumenyi bw’ikirere  bagezwaho, kugirango abafashe kwitegura mu gihe cy’ihinga.

Semafara john, uyobora ikigo cy’ igihugu cy’iteganyagihe avuga ko  igihembwe cy’imvura y’itumba cyatangiye kare ugereranije no mu myaka yashize kikaba cyaratangiye mu cyumweru cya 3 cya Gashyantare, aho biteganyijwe ko gishobora kurangira hagati y’ itariki ya 20 n’ iya 30 z’ ukwezi kwa 5 uyu mwaka. Yagize ati, "Hari aho imvura izagwa nk’isanzwe igwa muri ako karere, hari naho izaba nyinshi kurusha. Aho izagwa ari nyinshi ni mu majyaruguru agana ibirengerazuba no mu majyepfo agana iburengerazuba. Ahandi bigaragara ko imvura itazaba nyinshi cyane...umuyaga wa Alanina  niwo ugeze nko kuri 50% niwo utera igabanuka ry’imvura mu turere twinshi tw’igihugu."

Imvura ni kimwe mu bituma umusaruro wiyongera. Ministeri y’ubuhinzi n’ubworozi ivuga ko mu gihembwe gishize imyaka irimo ibigori, Umuceri, Soya, ibishyimbo, ingano, ibirayi n’imyumbati byahinzwe ku buso  bwa Hegitare zisaga ibihumbi 75 (751202), havuye umusaruro ungana na toni  miliyoni 3 zisaga  (3,265.000).

Telesphore Ndabamenye ukuriye ishami rishinzwe kongera umusaruro no kwihaza mu biribwa mu kigo RAB, avuga ko iteganyagihe rifasha mu gutanga amakuru ku bahinzi. Ati, "iki gihembwe hari ibihingwa byera vuba birimo ibigori, amoko yera vuba, igihingwa cy’umuceri gisanzwe gihungwa mu bishanga. Hari kandi imboga zihingwa mu mibande no mu bishaka, abaturage basabwa gukoresha aya makuru baba babonye. Hari aho abaturage batangiye gufata inyongeramusaruro, imbuto dutanga muri nkunganire niyo tudatanga muri nkunganire."

Meteo Rwanda ivuga ko ku kigero kiri hejuru ya 80 %, imvura y’ umuhindo yaguye hagati y’ ukwezi kwa 9 n’ ukwezi kwa 12 umwaka ushize, yaguye  uko yari iteganijwe.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage