AGEZWEHO

  • Nyamasheke: Mu minsi ibiri abarwayi 1000 bamaze kuvurirwa ku bitaro bya Kibogora n'Ingabo z'u Rwanda – Soma inkuru...
  • Ibibazo biri mu Burasirazuba bwa RDC ntibizakemuka Leta igikorana na FDLR- Abasesenguzi – Soma inkuru...

Kigali: WASAC ku bufatanye na JICA bamuritse umushinga w’amazi uzafasha abaturage basaga 450 000

Yanditswe Mar, 20 2024 19:05 PM | 71,677 Views



Ikigo cy’Igihugu gishinzwe serivisi z’amazi, isuku n’isukura WASAC ku bufatanye n’Ikigo Mpuzamahanga cy’Ubuyapani cyita ku iterambere, JICA bamuritse ku mugaragaro ibikorwa by’umushinga w’amazi wuzuye, uzageza amazi ku baturage basaga 450 000  ahanini batuye mu mirenge ya Nduba na Gisozi.

Abaturage batuye muri iyi mirenge bitabiriye uyu muhango bagaragaje ibyishimo byabo kuko aya mazi yatumye bagira ubuzima bwiza no gukemura ikibazo cy’abana guta amashuri bajya kuvoma amazi mu kabande  bishyurwa ijerekani ku mafaranga amagana 300 Frw.

Umuyobozi wa JICA, Shiotsuka Minako yavuze ko bazakomeza gufasha WASAC mu kubungabunga ibikorwaremezo by’uyu mushinga w’amazi yuzuye, uje gukemura ikibazo gikomeye cy’amazi cyavugwaga mu mirenge ya Nduba na Gisozi aho abaturage basaga 450 000 ubu babona amazi meza kandi mu buryo burambye.

Umuyobozi Mukuru wa WASAC, Prof. Omar Munyaneza yavuze ko Umujyi wa Kigali ugeze ku kigero cya 93% cyo kuboneka kw’amazi ku buryo burambye ariko hakaba hari n’undi mushinga watangiye u Rwanda rufashwamo na Banki Nyafrica itsura Amajyambere, watanze amadorari Miliyoni 275 yo gukemura ikibazo cy’amazi mu Rwanda hose ukazamara imyaka 6.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ben Kayiranga yagaragaje uko Visit Rwanda yugururiye amarembo Abanyarwanda i Par

Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya

Abahanzi basaga 200 bategerejwe i Kigali mu Iserukiramuco ‘Kigali Triennia

Art Rwanda Ubuhanzi yatumye hahangwa imirimo 400 mu myaka 2