AGEZWEHO

  • Perezida Kagame yerekanye ingaruka za politiki yo kugabanya Isi mo ibice – Soma inkuru...
  • Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Kristalina Georgieva uyobora IMF – Soma inkuru...

Kigali: Hateraniye inama y'ubucuruzi hagati y'u Rwanda n'ubumwe bw'u Burayi

Yanditswe Jun, 26 2023 10:01 AM | 16,026 Views



I Kigali hateraniye inama y’ubucuruzi hagati y’u Rwanda n’ibihugu by’Ubumwe bw’u Burayi yiswe EU-Rwanda Business Forum.

Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB) Clare Akamanzi yagaragarije abitabiriye iyi nama ko U Rwanda rwafunguye amarembo y’ubucuruzi ku bashaka gushora imari mu Rwanda.

Mu myaka 10 ishize ubukungu bw’u Rwanda bwazamutse ku mpuzandengo y’igipimo cya 7.8% ibi byatumye ubukungu bw’igihugu bwikuba inshuro 9 zose.

Umuyobozi wa RDB avuga kandi ko kuba u Rwanda ari igihugu gitekanye ku rwego rw’Isi kikaba igihugu cyakira abakigana ku buryo abifuza gushora imari yabo mu masaha 6 umushoramari aba afunguye ikigo cy’ubucuruzi.

RDB kandi yagaragarije abitabiriye iyi nama ko hari amahirwe atandukanye mu ishoramari mu nzego zitandukanye mu Rwanda zirimo ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, amahoteri n’ubukerugendo, ikoranabuhanga n’ibindi.

Photo: RDB

Kwizera John Patrick



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage