Yanditswe May, 26 2021 18:14 PM | 33,903 Views
Nyuma y’aho akarere ka Rubavu gakomeje
kwibasirwa n’umutingito wakurikiye iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo, kugeza ubu
inzu 1200 nizo zimaze gutangazwa ko zangijwe nawo.
Abakozi b'Ikigo gishinzwe Gaz, Mine na Petrol bavuze ko igihe uyu mutingito uzarangirira kitazwi, gusa ko bashingiye ku bunararibonye bw’ahandi habaye imitingito nyuma y’iruka ry’ikirunga, basanga utajya urenza ibyumweru bibiri.
Ibi byatumye kuri uyu wa Gatatu Minisitiri ushinzwe ibikorwa by’Ubutabazi Kayisire Marie Solange asura aka karere, yizeza abagizweho ingaruka n'imitingito ko leta y'u Rwanda izakomeza kubaba hafi no kubaha ubufasha bwose bukenewe.
Minisitiri Marie Solange yagaragarijwe ingaruka zatejwe n'umutingito mu kigo cyigisha amasomo y'ubumenyi cya Gisenyi cyohoze ari ESSA, asura ibitaro bya Gisenyi aho yasanze zimwe muri serivisi z'ubuvuzi zahatangirwaga zarimuriwe mu kigo cya Rugerero, mu bitaro bya Ruhengeri na Shyira.
Yasabye abaturage bafite inzu zashegeshwe n’umutingito kuba bazivuyemo.
Uyu muyobozi yasuye kandi impunzi z'Abanyekongo zirenga 650 zavuye muri Teritwari ya Nyiragongo bahunze imitingito.
Izi mpunzi zicumbikiwe mu Murenge wa Busasamana, zashimye uko zakiriwe.
Minisitiri Marie Solange yabijeje ko bimwe mu bibazo bizaganirwaho n'ababishinzwe kugirango bisubizwe bijyanye no kuba baravuye mu byabo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo.
Kugeza ubu inyinshi mu nzu zangirika ni izubatswe hejuru y’umututu, abakozi b'Ikigo gishinzwe Gaz, Mine na Petrol, bagaragaza ko aho hantu hari hazwi kuva kera, ndetse ko nta ngaruka byateza zirimo nko kuba ubutaka bwacikamo kabiri.
<iframe width="560" height="315" src="https://www.youtube.com/embed/_BpMgXmYCps" title="YouTube video player" frameborder="0" allow="accelerometer; autoplay; clipboard-write; encrypted-media; gyroscope; picture-in-picture" allowfullscreen></iframe>
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Senegal yatangiye uruzinduko rw’akazi mu Rwanda
May 06, 2024
Soma inkuru
Abadepite bemeje ishingiro ry'umushinga w'itegeko ryemerera abanyamahanga kuba abakozi ba ...
May 06, 2024
Soma inkuru
Ingabo z’u Rwanda n’iza Mozambique zagabye ibitero ku byihebe mu Ntara ya Nampula
May 05, 2024
Soma inkuru
Umujyi wa Kigali waburiye abaturage kwitwararika muri ibi bihe by'imvura nyinshi
May 04, 2024
Soma inkuru
Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta yavuze ko hatazwi irengero rya toni 31000 by'Ifumbire
May 04, 2024
Soma inkuru
WASAC igiye kubaka bundi bushya ikimoteri cya Nduba
May 03, 2024
Soma inkuru
Umujyi wa Kigali watangaje ko ugiye guhagurukira abateza urusaku
May 03, 2024
Soma inkuru
NEC yasobanuye aho imyiteguro y'amatora igeze
May 03, 2024
Soma inkuru