AGEZWEHO

  • Amajyaruguru: Imiryango 11 y’abarokotse Jenoside yaremewe n’abanyamuryango ba FPR Inkotanyi – Soma inkuru...
  • Burera: Abaturage 6 bakomerekejwe n’imbogo zasohotse muri Pariki y’Ibirunga – Soma inkuru...

Ingabo z’u Rwanda zigaruriye ibirindiro by’ibyihebe bya Mbau muri Mozambique

Yanditswe Aug, 21 2021 10:21 AM | 42,371 Views



Kuri uyu wa Gatanu, ingabo z’ u Rwanda zifatanije n’iza Mozambique, nyuma yo kwigarurira ibirindiro by’icyicaro gikuru  cy’ibyihebe cy’Umujyi  wa Mocimboa Da Praia, zakomeje kubakurikira ari nako zibagabaho  ibitero aho byahungiye mu Majyepfo ahitwa Mbau mu birometero bisaga 50, aho ibi byihebe byari byimuriye ibirindiro.

Kuri ubu Ingabo z’u Rwanda zigaruriye ibindi birindiro by’ibyihebe by’ahitwa Mbau.

Mu birometero nka bitanu utarinjira Mbau, ingabo z’u Rwanda zasakiranye n’umutwe w’ibyihebe biri hagati ya 80-100, habera imirwano ikomeye yarangiye ibyihebe bikubiswe inshuro ndetse bihatakariza abarwanyi 11 n’ibikoresho birimo imbunda za SMG n’ibindi bikoresho.

Mu byerekezo ibyihebe bikomeje guhunga bineshejwe nk’urugero ahitwa muri Nagitenge utaragera Mbau, byatemaga ibiti binini bakabihirika mu mihanda kugira ngo bagabanye umuvuduko w’ingabo z’u Rwanda.

Iyo mikorere yabyo yabaye impfabusa kuko ibyo biti bigenda bikurwa mu nzira hifashishijwe imodoka z’intambara,  n’imashini zabugenewe,  urugendo rugakomeza.

Ingabo z’u Rwanda zifatanije n’iza Mozambique zikaba zikomeje gukurikirana ibi byihebe kugira ngo byamburwe ahantu hose zifashisha mu guhungabanya umutekano w’abaturage.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Amajyaruguru: Imiryango 11 y’abarokotse Jenoside yaremewe n’abanyamu

Burera: Abaturage 6 bakomerekejwe n’imbogo zasohotse muri Pariki y’I

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Guin&

Abatuye Afurika bagomba kubakira iterambere ryawo ku bisubizo by'ibibazo bi

Imitwe ya Politiki ya FPR-Inkotanyi na PL yatanze abakandida yifuza ko bazaba Ab

U Rwanda U20 rwegukanye Irushanwa ry’Akarere ka 5 muri Handball

Perezida Kagame yatanze kandidatire ku mwanya w'Umukuru w'Igihugu

Abanyarwanda basaga miliyoni ebyiri bagiye gutora Umukuru w’Igihugu bwa mb