AGEZWEHO

  • RIB yerekanye abasore babiri bakekwaho kwiba amadorali ya Amerika asaga 9000 – Soma inkuru...
  • Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente avuga ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu kurwanya Malaria – Soma inkuru...

Indege y’intambara ya Kongo yongeye kuvogera ikirere cy’u Rwanda

Yanditswe Jan, 24 2023 18:25 PM | 4,001 Views



Indege y’intambara (Sukhoi-25)  ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, yongeye kuvogera ikirere cy’u Rwanda kuri uyu wa Kabiri.

Ibiro by’umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda bitangaza ko  ibyo byabaye 17h03, rigashimangira ko ingamba z’ubwirinzi zafashwe.

U Rwanda rwasabye Repubulika Iharanira Demukrasi ya Kongo guhagarika ubushotoranyi.

Ni ku nshuro ya 3 indege y’intambara ya Repubulika iharananira Demokarasi ya Kongo ivogereye ikirere cy’u Rwanda mu mezi atatu akurikirana kuva mu Gushyingo 2022.

Ku nshuro ya mbere indege y’intambara ya Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo yavogereye ikirere cy’u Rwanda tariki 7 Ugushyingo 2022, imara umwanya muto ku kibuga cy’indege cya Rubavu ibona gusubira i Goma.

Igikorwa nk’iki cyaherukaga tariki 28 Ukuboza 2022 ubwo nabwo indege yo mu bwoko bwa sukhoi-25 yavogeraga ikirere cy’u Rwanda mu gace k’ikiyaga cya Kivu.

Mu karere ka Rubavu abaturage babonye indege y’intambara ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo ivogera ikirere cy’u Rwanda, bavuga ko bafite icyizere inzego z’umutekano z’u Rwanda n’ubushobozi bw’igihugu bwo kubarinda.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage