Yanditswe May, 25 2021 19:31 PM | 40,320 Views
Imitingito
ikomeje kwibasira akarere ka Rubavu, kuri uyu wa Kabiri yangije inyubako z’amagorofa
y’ubucuruzi igwisha inkuta zazo n’inzu z’abatarurage.
Ibi byatumye hafungwa imihanda n’isoko rya Gisenyi n’inyubako ziryegereye, kuko nazo zagizweho ingaruka n’uwo mutingito wateye ubwoba bamwe mu baturage batangiye guhunga Umujyi berekeza ahandi mu Gihugu.
Kugeza ubu kandi akarere ka Rubavu gakomeje kwakira impunzi ziri kuva muri teritwari ya Nyiragongo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zihunze imitingito.
Mu karere ka Rubavu hakomeje kumvikana imitingito, uyu munsi wangije inyubako z’amagorofa akoreramo ubucuruzi niziri kubakwa, inyubako nyinshi ziri kugirwaho ingaruka niyi mitingito ziri mu ruhererekane rw’inzira y’ubutaka bwisaturamo kabiri bikagera no ku nzu zibwubatseho.
Bitewe n’uko isoko rya Gisenyi naryo riri muri iyo nzira y’ubwo butaka naryo ryafunzwe mu gihe kitazwi nk’uko abacuruzi babigaragaza.
Uyu mutingito watumye hafungwa umuhanda umuhanda uva ku rusengero rwa ADEPR ujya ku mupaka muto uzwi nka Petite Barierre, kuko wawusatuyemo kabiri.
Ibi byatumye muri Gare Gisenyi huzura abantu benshi biganjemo abagore n’abana, bateze imodoka zibajyana mu bindi bice by’igihugu bitewe n’ubwoba by’iyi mitingito, kuburyo imodoka zageze aho zirabura.
Mu gihe abatuye umujyi wa Gisenyi bawuhunga, ni nako akarere ka Rubavu gakomeje kwakira impunzi z’abanyekongo ziri kuva muri Teritwari ya Nyiragongo, zivuga ko ziri guhunga kuko zabwiwe ko ikirirunga gishobora kongera kuruka hakiyongeraho n’imitingito.
Izi mpunzi ni 480 bavanywe aho bashyikiye ku rusengero rwa ADEPR Rugarama, bajyanwa kwakirirwa ahantu hateguwe hatangiye gushyirwa ibyangombwa by’ibanze bakenera birimo amahema yo kubamo, ibiribwa amazi, amashyanyarazi n’ibindi.
Rusizi: Ababyeyi b'Intwaza bashimye Igihugu cyabahurije hamwe ntibakomeza guheranwa n'agah ...
May 08, 2024
Soma inkuru
Madamu Jeannette Kagame yagarutse ku mahitamo Abanyarwanda bafashe yo kongera kunga ubumwe
May 08, 2024
Soma inkuru
MINECOFIN yatangaje ko harimo gusuzumwa uburyo bwo guhindura politiki yo kubaka inzu ziciriritse
May 08, 2024
Soma inkuru
Kuki Leta itarashe ku ntego yo gutuza abaturage ku Mudugudu muri iyi myaka 7?
May 08, 2024
Soma inkuru
Abatangabuhamya bagaragaje ko byabasabye kwishyura Nkunduwimye kugira ngo abahungishe muri Jenoside
May 08, 2024
Soma inkuru
Nyarugenge: Abaturage batabaje ubuyobozi bijejejwe ubufasha
May 07, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasabye urubyiruko kudapfusha ubusa imyaka yabo
May 07, 2024
Soma inkuru
RCS igiye gufungura abantu bagera ku 2000 barangije ibihano
May 07, 2024
Soma inkuru