Yanditswe Sep, 23 2020 17:25 PM | 63,420 Views
Kuri uyu wa Kane Ihuriro ry’Igihugu Nyunguranabitekerezo ry'Imitwe ya
politiki yemewe mu Rwanda riratora abasenateri 2, baziyongera ku bandi 4 bashyirwaho
na Perezida wa Repubulika, bazasimbura abasenateri bazasoza manda yabo mu kwezi
kwa 10 uyu mwaka.
Abasenateri bazatorwa n'inama rusange y'iri huriro igizwe n'abanyamuryango 44 aho buri mutwe wa politiki uba uhagarariwe n'abantu 4.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'iri huriro Burasanzwe Oswald yagize ati “Bazatorwa n'inama rusange, kandidatire zitangwa ako kanya, uwo inama rusange yemeje, dosiye ye ijya mu Rukiko rw'Ikirenga mu gihe kitarenze iminsi 3 bikaba bishingiye ku itegeko rigenga amatora. Ibyo ni byo bigomba gukorwa rero muri iki cyumweru. Ya nyandiko twoherereza Urukiko rw'Ikirenga ifatwa nk'ikirego, bikandikwa mu birego nk'ibindi urukiko rw'ikirenga rugaca urubanza rukamenyesha uwemerewe cyangwa utemerewe n'impamvu zabyo. Iyo bombi bemejwe nta kiba gisigaye, tubimenyesha inzego zibishinzwe ko ari bo batowe.”
Uretse aba basenateri 2, hari abandi 4 bagomba gushyirwaho na Perezida wa Repubulika. Uko ari 6 bazaba basimbura abandi 6 binjiye muri sena manda ya 2 imaze umwaka 1 itangiye, bivuze ko manda ya 3 nisoza na bo bazarenzaho umwaka nk'uko biteganywa n'itegeko Nshinga rya Repubulika y'u Rwanda ryo muri 2003 ryavuguruwe muri 2015.
Visi Perezida wa Sena Nyirasafari Espérance, asobanura ko impamvu y'ibi, ari ukugira ngo hatabaho icyuho mu mikorere ya sena, kuko idaseswa, ariko bikanoroshya imikorere.
Ati “Bifasha gutuma iyo principe cyangwa icyo gitekerezo cy'uko sena idaseswa ihora irimo abasenateri, nka biriya byo kuvuga ngo ibijyanye n'imitwe ya politiki, kureba imikorere yayo, kugenzura ko yubahiriza amahame remezo ndetse n'ubumwe by'umwihariko ko igaragaramo ubumwe n'ubwiyunge, nkumva impamvu wenda itanaseswa, ni izo nshingano yashyiriweho. Aba basenateri barimo tunashimira cyane bagize uruhare rukomeye kugira ngo abantu babashe no gusobanukirwa inshingano, twagiye tugira n'inama ugasanga baratubwira bati ibi n'ibi ni uko bigenda. Kuko iyo ukiza mu nshingano, ntabwo ako kanya n'ubwo uba ufite ubumenyi ntabwo uba wari usanzwe uri muri iyo nshingano.”
Manda ya 3 ya Sena yatangiye ku itariki ya 17 z'ukwezi kwa 10 mu mwaka ushize wa 2019. Icyo gihe abasenateri barahiye bari 20, barimo 4 bashyirwaho na Perezida wa Repubulika, 2 batorwa n'Ihuriro ry'Igihugu Nyunguranabitekerezo ry'imitwe ya politiki, 2 batorwa muri kaminuza n'amashuri makuru na 12 batorwa hashingiwe ku nzego z'imitegekere y'igihugu.
Abasenateri 6 bagiye gusoza manda yabo, harimo 4 bashyizweho na Perezida wa Repubulika ari bo Senateri Karangwa Chrysologue, Senateri Karimba Zephilin, Senateri Uwimana Consolée na Senateri Nyagahura Marguerite mu gihe abandi 2 ari bo Senateri Uyisenga Charles na Senateri Mukakarisa Jeanne D'Arc bashyizweho n'Ihuriro ry'Igihugu Nyunguranabitekerezo ry'imitwe ya politiki.
Abasenateri 2 basoza manda baturutse mu Ihuriro ry'Igihugu Nyunguranabitekerezo ry'imitwe ya politiki
Senateri Mukakalisa Jeanne d'Arc
Senateri Uyisenga Charles
Abasenateri bagiye gusoza manda bashyizweho na Perezida wa Repubulika
Senateri Prof Karangwa Chrysologue
Senateri Nyagahura Marguerite
Senateri Kalimba Zephilin
Senateri Uwimana Consolée
Jeannette UWABABYEYI
Abasaga 200 bategerejwe i Kigali mu Iserukiramuco ‘Kigali Triennial’
Feb 12, 2024
Soma inkuru
Art Rwanda yatumye hahangwa imirimo 400 mu myaka 2
May 15, 2023
Soma inkuru