AGEZWEHO

  • Tariki 20 Mata 1994 ni bwo Umwamikazi Gicanda yishwe – Soma inkuru...
  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...

Hatangijwe uruganda rukora amakaro muri Ruhango

Yanditswe Jun, 18 2021 15:03 PM | 139,573 Views



Mu karere ka Ruhango, hatangiye uruganda rukora amakaro yo mu nzu, aho mu kwezi batunganya metero kare zirenga 750.

Umuyobozi w’uru ruganda ruzwi nka Kirengeri Tiles, Muhire Janvier yatangaje ko amakaro bakora amaze kugera ku masoko yo mu Rwanda hose.

Yavuze ko aya makaro kandi amaze kugera no mu mahanga mu bihugu birimo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, aho bafite isoko rinini.

Yavuze ko bimwe mu bibazo bafite, ni uko ngo usanga mu Rwanda abantu bamenyereye gukoresha amakaro ava hanze, yiganjemo  by’umwihariko ayava mu gihugu cy'u Bushinwa.

Gusa ngo baramutse bitabiriye gukoresha ibyo mu Rwanda byafasha mu guteza imbere gahunda ya made in Rwanda, ndetse bigatuma bongera ibyo bakora bikanatanga  n'akazi ku banyarwanda benshi.

Yavuze ko kwitabira gukoresha amakaro akorerwa mu Rwanda, byaba imwe mu nzira yafasha kugabanya ikinyuranyo usanga hagati y'ibikoresho byo mu bwubatsi bituruka mu mahanga.

Bamwe mu bakozi bakora muri uru ruganda, bemezako byabafashije kwiteza imbere mu miberejo yabo ya buri munsi, ndetse bamwe ngo bahungukiye ubumenyi mu bijyanye no gukora amakaro, mu gihe mbere bumvaga ari ibintu bikorerwa hanze y'igihugu gusa.

Uru ruganda  mu gukora aya makaro rwifashisha ahanini umucanga na sima ndetse n’ibindi bikoresho biandukanye, bifashisha mu guhindura amabara y'amakaro bifuza.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira