Yanditswe Aug, 12 2020 07:52 AM | 55,167 Views
Mu gihe bamwe mu baturage bavuga ko gufungura amashuri
cyaba ari kimwe mu bigaragza uko abantu bakwiye kwitoza kubana na koronavirusi,hari
abandi bavuga ko ngo bikwiye kwitonderwa kugira ngo bidatiza umurindi icyorezo
cya COVID19.
Hashize amezi 5 amashuri afunzwe kubera kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID19. Hari abaturage bavuga ko bitewe n’imiterere y’iki cyoreze amashuri yakomeza agafunga kugeza gicisihije make.
Bamwe mu banyeshuri n’ababyeyi babona ko uko byagenada kose abantu bakwiye kwitoza kubana n’ iki cyorezo. Aba bavuga ko amashuri akwiye kufungurwa.
Impuguke mu burezi Padiri Dr Fabien Hagenimana akaba n’Umuyobozi wa Kaminuza ya INES Ruhengeri asanga igihe kigeze ngo amashuri afungurwe kuko ngo ntawamenya igihe kizarangirira. Akitsa cyane kuri za kaminuza, aho kwirinda iki cyorezo bishoboka kuko abazigamo ari abantu bakuru.
Icyakora Dr Emmanuel SIBOMANA umusahakashatsi mu burezi avuga ko hakiri kare kuba amashuri yafungurwa bitewe n'uko hari byinshi bikeneye gushyirwa ku murongo.
Kuva taliki ya 14 Werurwe 2020 mu Rwanda umuntu wa mbere agaragayeho icyorezo cya COVID 19 abaturage basaga ibihumbi 2 bamaze kucyandura, muri bo abasaga 1300 baragikize mu gihe kugeza ku wa 10 Kanama cyari kimaze guhitana 7.
Mu minsi ishize Minisitiri w'Ubuzima Dr Ngamije Daniel yatangaje ko amashuri adashobora gufungurwa hakiboneka abantu bashya 40 bandura icyorezo cya COVID19 buri munsi.
Gusa kuva tariki ya 5 Kanama kugeza tariki ya 10 Kanama umubare w’abandura koronavirusi wagiye ugabanuka ugereranyije n’iminsi yabanje, aho impuzandengo igaraagza ko abanduraga ku munsi ari 9.
Minisitiri w'Intebe DR Edouard Ngirente aherutse ku bwira Inteko Ishinga Amategeko ko gufungura amashuri bisaba ubushishozi.
Mu rwego rwo kwitegura neza ko igihe amashuri yaba yafunguye, hirya no hino mu gihugu hakomeje kuzura ibyumba by'amashuri n'ubwiherero, hagamijwe kwirinda ubucucike bukunze kugaragara mu mashuri, na cyane ko Minisiteri y'Uburezi igaragaza ko hazubakwa ibyumba bisaga ibihumbi 22.
Nyuma ya buri byumweru 2 inama y’abaministiri isesengura imiterere y’icyorezo cya COVID19, igatangaza imyanzuro. Kugeza ubu igiteye amatsiko abaturage ni ukumenya ahazaza h’amashuri n’utubari byombi bigifunzwe ukurikije imyanzuro y’inama y’abaminisitiri yo ku wa 29 Nyakanga 2020.
Jean Paul TURATSINZE
Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Apr 19, 2024
Soma inkuru
REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr
Jan 19, 2024
Soma inkuru
Oscar Pistorius yafunguwe nyuma y'imyaka 11 ishize yishe uwari umukunzi we
Jan 05, 2024
Soma inkuru
Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda
Dec 14, 2023
Soma inkuru
Twitege iki kuri Tour du Rwanda 2024?
Nov 09, 2023
Soma inkuru
Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya
Nov 05, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023
Oct 22, 2023
Soma inkuru
Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abagenda n'amaguru
Oct 15, 2023
Soma inkuru