AGEZWEHO

  • Kenya yatangiye icyunamo cy'Umugaba Mukuru w'Ingabo wapfiriye mu mpanuka – Soma inkuru...
  • Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya – Soma inkuru...

Rutsiro: Barishimira ko icyayi kimaze kubahindurira imibereho

Yanditswe Mar, 03 2022 17:42 PM | 76,812 Views



Abatuye Umurenge wa Manihira mu Karere ka Rutsiro bagurishije imirima yagurirwamo ubuhinzi bw'icyayi bavuga ko uretse kwishyurwa amafaranga ubu ubuhinzi binjiyemo bwahinduye kandi imibereho yabo ku bw'umusaruro ushimishije bahakura ugereranije nuwo bahakuraga mbere ubwo hari hari ibindi bihingwa.

 Mu bice bimwe by’imisozi ya Manihira, yose itoshye icyatsi cy'ibara ry'icyayi kihahinze. Abaturage baragisarura,  bagishyira muri hangari ubundi kigakomereza mu ruganda ruri hafi  aho kijya gutunganywa. Abatuye ahahinga iki cyayi bahamya ko ari ubuhinzi buvuze kinini kuri bo iyo babugereranije n'ibindi bahingaga mbere

Ni ubuhinzi bwatanze akazi ku batari bake mu misozi yo muri ako gace. Imirima myinshi y'abaturage yaguzwe n’uruganda rw’icyayi rwa Rutsiro, ubu  ubuso buhinzeho icyayi buri kongerwa.

Umuyobozi w’uruganda rw’icyayi cya Rutsiro Mark Hakizayezu avuga ko bamaze imyaka ine bongera ubuso buhingwaho icyayi, kugira ngo  bihaze ku musaruro.

Ubuso bumaze kongerwa ku bwari busanzwe buhinzeho icyayi ni hegitari 416.  Gusa ubuyobozi bw'uruganda buvuga ko kongera ubuso bikomeje kuko hifuzwa kugera nibura kuri hegitari  459 nubwo hari imbigamizi yo kuba hari bamwe mu baturage banze kugurisha ubutaka bwabo. 

Ku rundi ruhande abaturage bagaragaza ko ko igihe hazatangwa igiciro bishimira ntak abuza biteguye gutanga ubutaka bwabo bugahingwaho icyayi.

Fred RUTERANA



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira