AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Asomusiyo y’uyu mwaka ntiyahiriye abacuruzi b’i Kibeho

Yanditswe Aug, 16 2020 11:29 AM | 70,849 Views



Abatuye n'abafite ibikorwa by'ibucuruzi i Kibeho ku butaka butagatifu buherereye mu Karere ka Nyaruguru, baravuga ko kuba munsi wa asomusiyo  nta ngendo nyobokamana zari zemewe byabatumye bahahombera, kuko ubusanzwe byabasigiraga amafaranga menshi.

Ku kibuga kigari kiri imbere y’ingoro ya Bikiramariya aha i Kibeho abantu bari bahari, ku munsi mukuru w’Ijyanwa mu Ijuru rya Bikiriramariya, wababara. Batoye umurongo bubahiriza amabwiriza yo kwirinda coronavirus kugira ngo binjire muri iyi ngoro igiye kuberamo igitambo cya Misa cyo kwizihiza umunsi mukuru w'ijyanwa mu ijuru rya Bikiramariya, assomption, wizihizwa n’abakristu ba Kiriziya Gatorika.

Ni misa ubusanzwe yabarega kuri iki kibuga kuko habaga hakubise huzuye hateraniye abantu ibihumbi n’ibihumbi baturutse mu mpande zose z’isi. Misa ya none abayitabiriye ubu barabarirwa mu iijana rirengaho bake mu rwego rwo kubahiriza amabwiriza yo kwirinda covid 19. N’abo kandi ni abakomoka n’abatuye muri aka gace.

Tuyisenge Jean Bosco na Mukagatare Carthe bacuruza ibikoresho bigendanye n'iyobokamana. Bo kimwe na Nyabyenda Cyprien ucuruza ibicuruzwa bisanzewe, baravuga ko kuba nta bakristu benshi baje i Kibeho nk'uko byajyaga bigenda mbere y'icyorezo cya Covid19, ngo byabakozeho cyane kuko wasangaga ari ho biteze gukura amafaranga ugereranyije n'indi minsi.

Umushumba wa Diyoseze Gatorika ya Gikongoro Mgr Hakizimana Celestin, yemeza ko kutagirira ingendo i Kibeho byabaye igihombo ku baturage b'ingeri zose. Ariko agasaba abakristu by'umwihariko kurushaho gusenga banitwararika gukomeza ingamba zo kwirinda iki cyorezo.

Ubusanzwe Umunsi w'ijyanwa mu ijuru rya Bikiramariya I Kibeho hateraniraga abakristu bagera ku bihumbi 50 baturutse hirya no hino ku isi. Gusa kuri uyu munsi hateraniye abakristu 138.


Jean Pierre NDAGIJIMANA




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage