AGEZWEHO

  • Twahisemo kuba umwe no gushyira inyungu za buri mu Nyarwanda imbere - Perezida Kagame – Soma inkuru...
  • Nyamasheke: Mu minsi ibiri abarwayi 1000 bamaze kuvurirwa ku bitaro bya Kibogora n'Ingabo z'u Rwanda – Soma inkuru...

Abatuye muri Ngororero bashimye ubutwari bwaranze abanyeshuri b’i Nyange

Yanditswe Feb, 01 2022 16:02 PM | 31,793 Views



Abatuye i Nyange mu karere ka Ngororero, baravuga ko bashimye isomo bahawe n'abanyeshuri bo mu mwaka wa Gatandatu n’uwa Gatanu mu Ishuri ryisumbuye ry’i Nyange, banze kwitandukanya hagendewe ku byitwaga amoko babisabwe n’abacengezi, bamwe muri bo bakahasiga ubuzima.

Ahagana saa mbiri z’ijoro rya tariki 18 Werurwe 1997, ni bwo abanyeshuri bo mwaka wa Gatandatu n’uwa Gatanu mu Ishuri ryisumbuye ry’i Nyange banze kwitandukanya hagendewe ku byitwaga amoko, babisabwe n’abacengezi. 

Bamwe babuze ubuzima muri icyo gitero, ariko ku bwo kwimakaza ubunyarwanda bashyirwa mu Ntwari z’igihugu icyiciro cy’Imena.

Abarimo Mushimiyimana Emmanuel bavuga ko iki ari igikorwa n’ubugifatwa n’icyitegererezo mu batuye i Nyange, bakaba bahamya ko kibafasha kwimakaza ubunyarwanda no kudakurikiza ikibi.

Mukagahima Agnes umurezi ariko akaba aturanye n’igicumbi cy’ubutwari i Nyange, avuga ko isomo ryatanzwe n’Intwari z’Imena aryifashisha mu kurerera igihugu kandi akizera ko bizahindura imyumvire y’abakuru batarimakaza ubunyarwanda.

Ku ishuri ryisumbuye rya Nyange, abanyeshuri baravuga ko batewe ishema no kwigira ku gicumbi cy’ubutwari. 

Usibye ubwenge bahigira umuco w’ubutwari bakurana, barawukuramo imbaraga zizabafasha kugirira akamaro umuryango mugari.

Kuri iri shuri ubu hari ibyumba bitatu byatunganyijwemo inzu y’amateka ikaba ibitse amakuru n’ibimenyetso byo mu bihe bitandukanye, haba ku Rwanda na Nyange by’umwihariko. 

Abanyeshuri bavuga ko ari iby’agaciro kuko bizarinda ko aya amateka yazima nyamara akenwe n’abanyarwanda, cyangwa abandi bashaka kugira icyo bigira ku butwari bwaranze abana b’i Nyange.


Alexis Namahoro




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ben Kayiranga yagaragaje uko Visit Rwanda yugururiye amarembo Abanyarwanda i Par

Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya

Abahanzi basaga 200 bategerejwe i Kigali mu Iserukiramuco ‘Kigali Triennia

Art Rwanda Ubuhanzi yatumye hahangwa imirimo 400 mu myaka 2