AGEZWEHO

  • Umujyi wa Kigali waburiye abaturage kwitwararika muri ibi bihe by'imvura nyinshi – Soma inkuru...
  • PAC yagaragaje ko mu kigega cy'Igihugu cy'ibiribwa cy'ingoboka harimo ibiribwa bike – Soma inkuru...

60% by’amabuye y’agaciro acukurwa mu Rwanda apfa ubusa

Yanditswe Aug, 19 2022 12:00 PM | 87,901 Views



Ubuyobozi bw'ikigo gishinzwe mine, peteroli na gaz burashishikariza abari mu bucukuzi bw'amabuye y'agaciro mu Rwanda gushyira imbaraga mu ishoramari ryongerera agaciro amabuye acukurwa mu Rwanda kugirango babone inyungu yisumbuyeho.

Iki kigo kivuga ko mu igenzura ryakozwe rigaragaza ko muri rusange amabuye acukurwa mu gihugu 40% byayo ari yo abacukuzi babasha kubona no kugurisha, bivuze ko 60% by'andi mabuye yo yangirika bikababera igihombo.

Ibi kandi byiyongeraho n'uko abacukuzi benshi bataragira ubushobozi bwo gukoresha imashini zabugenewe zishobora gutandukanya amabuye kuko usanga hagurishwa ubwoko bumwe nyamara harimo ubwoko bwinshi ndetse bakanacibwa amande ya (30%) y’uko bagurishije amabuye arimo imyanda, ku rundi ruhande bikaba inyungu ku bayabagurira.

Inama rusange ihuje abacukuzi n'abacuruzi b'amabuye y'agaciro mu Rwanda yabaye kuri uyu wa Gatanu, abayitabiriye bunguranye ibitekerezo ku byakorwa ko uru rwego rurusheho kugirira inyungu abarurimo ndetse n'igihugu muri rusange, cyane ko abafite imirimo muri uru rwego basaga gato ibihumbi 40.

Uru rwego rw’ubucukuzi kandi rwinjije miliyoni 516 z'amadolari mu mwaka wa 2021 avuye kuri miliyoni 124.9 z'amadolari mu mwaka wa 2020.


Jean Claude MUTUYEYEZU



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ben Kayiranga yagaragaje uko Visit Rwanda yugururiye amarembo Abanyarwanda i Par

Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya

Abahanzi basaga 200 bategerejwe i Kigali mu Iserukiramuco ‘Kigali Triennia

Art Rwanda Ubuhanzi yatumye hahangwa imirimo 400 mu myaka 2