AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Kayonza: Imiryango 60 yatujwe mu Mudugudu irasaba Akarere guhabwa ibyangombwa by’ubutaka

Yanditswe May, 14 2021 18:32 PM | 30,959 Views



Abaturage batujwe mu Mudugudu Umucyo mu Murenge wa Kabarondo, basabye ubuyobozi bw’Akarere ka Kayonza guhabwa ibyangombwa by’ubutaka, ni nyuma yo kumara imyaka itanu babitegereje.

Kugeza ubu ingo 60 nizo zahatujwe mu 2016, aba baturage baravuga ko badasobanukiwe impamvu badahabwa ibyo byangombwa kandi byarakozwe biri ku Murenge .

Umudugudu Umucyo usanzwe unitirirwa Umudugudu w’Ubumwe n’Ubwiyunge, watujwemo abaturage ku bufatanye bw’akarere ka Kayonza n’Umuryango Prison Fellowship.

Abawutuye bavuga ko kuri ubu babangamiwe no kuba badafite ibyangombwa by’ubutaka nyamara ngo byarakozwe.

Uwitwa Mukakarara Fatuma yagize ati "Ikibazo dufite ni uko byakozwe bikaba biri ku Murenge ariko tukaba tubabihabwa, ntabwo tuzi ikibazo gihari, murabizi ko muri iyi minsi utanga icyangombwa cy'ubutaka ukiteza imbere ariko ugera kuri banki ntibagire icyo bagufasha."

Umuyobozi w’akarere ka Kayonza, Murenzi Jean Claude arizeza aba baturage gukurikirana ikibazo cyabo, ubundi bagahabwa ibyangombwa by’ubutaka.

Ati "Ibyangombwa byarasohotse ndetse biri no ku Murenge, ariko abo bafatanyabikorwa babubakiye bavugaga ko hari ibitaraboneka ku buryo babibahera hamwe, ariko tugiye kubareba turebe uko babaha ibyangombwa byabonetse kuko ni uburenganzira bwabo."

Ingo za mbere zatujwe mu Mudugudu Umucyo mu 2016, imyaka itanu irashize, nyamara amabwiriza ya Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu agenga uburyo bwo gutuza no kwegurira inzu bantu batujwe na leta, avuga ko uwatujwe afite uburenganzira bwo kwandikwaho umutungo nyuma  y’imyaka itanu uhereye igihe yasinyiye amasezerano yo gutuzwa.

Gusa mu gihe yagaragaza imikorere myiza imuvana mu bukene, inzu yayihabwa mbere y’imyaka itanu .

Akimana Latifah



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage