AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Amasasu yarashwe hejuru ubwo agace ka gereza ya Nyarugenge kafatwaga n'umuriro

Yanditswe Dec, 26 2016 12:26 PM | 2,542 Views



Ku cyumweru, agace gato ka gereza ya Nyarugenge kafashwe n'inkongi y'umuriro. Iyi nkongi y'umuriro nta muntu yahitanye ndetse nta n'ibintu byinshi byangiritse kuko inzego zishinzwe kuzimya umuriro zahise zahise zitabara zibasha kuwuzimya. 

Ministre w'ubutabera Johnston Busingye yavuze ko hagiye gukorwa iperereza ku cyateye iyo nkongi y'umuriro kuko kitaramenyekana.

Agace gatoya ka Gereza ya Nyarugenge ikunze kwitwa 1930 gafite ubuso bwa m2 20 niko kibasiwe n'inkongi y'umurio. Nta muntu wahiriyemo cyangwa ngo akomeretswe n'uwo muriro, uretse abagororwa 2 bahungaga bakagwa mu muferege bagakomereka ku buryo bworoheje, mu gihe abandi basohorwagamo ngo bajye hanze mu rupangu rwa gereza.

ACP Seminega John Baptiste, umuyobozi w'ishami rizimya umuriro muri polisi y'u Rwanda yavuze ko iyo nkongi y'umuriro ikimenyekana abashinzwe kuzimya umuriro bihutiye gutabara ntihangirika ibintu byinshi

Ministre w'ubutabera Johnston Busingye yasobanuye ko nta muntu iyo nkongi yahitanye ko ahubwo abacungagereza bakanze abagororwa ngo badatoroka. Ubu ngo hakaba hagiye gukorwa iperereza ku cyateye iyo nkongi, ''amasasu yatewe mu kirere hejuru, abacungagereza babifitiye uburenganzira bwo gukubita amasasu hejuru kugira ngo abagororwa bareke gukora ibyo batagomba gukora. Turashyiraho abantu bareba uko ibintu bimeze n'uko byasubirwa mu buryo, abagororwa basubire muri gerez auko bisanzwe, ubundi dushakisjhe icyateye uyu murirro nitukimenya tukibwire Abanyarwanda.''



Gereza ya Nyarugenge ifungiyemo abagororwa basaga 3000, abagabo n'abagore. Mu mezi make ari imbere abafungiyemo bazimurirwa muri gereza nshya irimo kubakwa mu murenge wa Mageragere mu karere ka Nyarugenge 

Inkuru irambuye mu mashusho:





Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira