AGEZWEHO

  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...
  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...

Volkswagen iratangira gukoresha imodoka zikoresha amashanyarazi mu Rwanda

Yanditswe Oct, 29 2019 08:07 AM | 8,935 Views



Uruganda ruteranya imodoka mu Rwanda rwa Volkswagen kuri uyu wa Kabiri ruratangira ku mugaragaro gahunda yo guteranya no gukoresha imodoka zikoresha amashanyarazi. Ubuyobozi bw'uru ruganda buvuga ko izi modoka zizajya zitwarwa n'abashoferi bahuguwe n'icyo kigo gusa ku ikubitiro.

U Rwanda ni cyo gihugu cya mbere ku mugabane wa Afurika uru ruganda rwa Volkswagen ruzanyemo izi modoka zarwo zikoresha amashanyarazi. 

Micaëla Rugwizangonga uyobora uruganda rwa Volkswagen  mu Rwanda avuga ko ku ikubitiro izi modoka zitazagurishwa ahubwo zizakora mu mushinga wa MOVE wo gutwara abantu bakishyurira urugendo ku biciro bigenwa hifashishijwe ikoranabuhanga.

Ni umushingaVolkswagen izakoranamo n'ikindi kigo cy'Abadage cya SIEMENS. Ubuyobozi bwa VW bukagaragaza ko bukomeje guhugura abashoferi bazajya batwara izo modoka.

Ubuyobozi bw'iki kigo buvuga ko imiterere y'ubucuruzi bateganyirije u Rwanda ahanini ari ugukodesha imodoka ku bakeneye ko zibatwara bikozwe n'abashoferi ba VW. imibare yatangajwe na Micaëla Rugwizangonga  yerekana ko baherutse gushyira imodoka zisaga 200 mu mihanda ya Kigali zikaba zitwara byibura abagenzi basaga ibihumbi 30 aho ku munsi ngo bakora byibura ingendo ibihumbi 13.

Inkuru mu mashusho


RUZIGA Emmanuel Masantura



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura