AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Urwego rw'abikorera ruri mu nzego zaje ku isonga mu zigaragaramo ruswa

Yanditswe Dec, 07 2022 16:15 PM | 112,164 Views



Ubushakashatsi ku ishusho y’uko ruswa ihagaze mu gihugu bwakozwe n’umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda  bugaragaza ko abantu 29% basabwe ruswa mu buryo buziguye cyangwa butaziguye, kugira ngo bahabwe serivisi bafitiye uburenganzira mu nzego za leta n’iz’abikorera.

Mu myaka itatu ishize, igipino cy’abatswe ruswa kugira ngo bahabwe serivisi bafitiye uburenganzira cyazamutseho 10.6%.

Ubushakashatsi bwatangajwe n’umuryango urwanya ruswa n’akarengane bugaragaza ko igipimo cy’abatswe ruswa muri ubu buryo, bavuye kuri 18.50% muri 2019, naho muri uyu mwaka bakaba bageze kuri 29%.

Muri 2020 bari 19.20% mu gihe muri 2021 bari 22.99%.

Gusa ubu bushakashatsi bwerekana ko 86% muri abo batanze ruswa kugira ngo bahabwe serivisi bemererwa n'amategeko, batigeze bagira ubushake bwo kubivuga.

Umuyobozi w’uyu muryango, Ingabire Immaculee avuga ko gutanga amakuru kuri ruswa bisaba kugaragaza ibimenyetso.

Yagize ati "Ruswa ntibayivuga mu magambo ni icyaha kandi icyaha cyose gisaba ibimenyetso simusiga kandi bifatika. Kubona ibimenyetso bya ruswa ntibyoroha buri gihe abaturage bagomba kumenya kujya bata mu mutego ababasaba ruswa kugira ngo bagire ibimenyetso simusiga. Hari abandi koko batanabyitaho ushobora kubwira nta bikurikirane, ibyo rero bigaca abaturage intege, abandi barakubwira ngo nagize ubwoba kuko bishobora kungiraho ingaruka kandi ibyo nabyo koko birashoboka, hakaba n'abakubwira ngo sinari nzi urwego nabibwira."

Urwego rw'abikorera narwo ruri mu nzego zaje ku isonga mu mitangire ya ruswa harimo n'ibigo by'imari mu mitangire y'inguzanyo.

Umuvunyi Mukuru, Nirere Madeleine avuga ko mu nzego z'abikorera hamaze gushyiraho komite zishinzwe kurwanya ruswa zigera kuri 493 ku buryo zizajya zikurikirana ahari icyuho cya ruswa.

"Ikindi ni uko hari za komite zo kurwanya ruswa ziteganywa n'itegeko ryo muri 2018 ryo kurwanya ruswa, ubu hamaze kujyaho komite 493. Ejo twahuye n'izo nzego z'abikorera zirimo ama banki n'ibigo by'ubwishingizi, twasanze ko ari ngombwa ko buri nzego zishyiraho izo komite zizafasha kureba imigirire ya buri munsi, nyuma bakazajya batanga raporo ku rwego rw'Umuvunyi buri mezi 6."

Agaciro ka ruswa mu mafaranga yakiriwe nako kagiye kazamuka kuko muri 2020 hatanzwe ruswa ifite agaciro ka Miliyoni zisaga 19, muri 2021 hatangwa ruswa y’amafaranga arenga miliyoni 14 naho muri uyu mwaka wa 2022 hatanzwe miliyoni zisaga 30 .

Bamwe mu bakozi batse ruswa ababagannye muri uyu mwaka ni abo mu nzego z'ibanze, iz'ubutabera, iza polisi, ibigo bya leta nk'imisoro n'amahoro, Sosiyete ishinzwe ingufu REG, ikigo gishinzwe isuku n'isukura WASAC ndetse n'inzego z'abikorera harimo n'ibigo by'imari.


Bosco Kwizera



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira