AGEZWEHO

  • Kayondo ukekwaho uruhare muri Jenoside yatawe muri yombi n’u Bufaransa – Soma inkuru...
  • Kigali: Ahimurwa abaturage kubera amanegeka hateganyirijwe gukorerwa iki? – Soma inkuru...

Urubyiruko rurasabwa gusigasira no kurinda ibimaze kugerwaho nyuma y’imyaka 28 Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritswe

Yanditswe May, 29 2022 11:07 AM | 89,757 Views



Minisitiri w'Ubumwe bw'Abanyarwanda n'inshingano mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascene yasabye urubyiruko gusigasira no kurinda ibimaze kugerwaho nyuma y’imyaka 28 Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritswe.

Ibi yabigarutseho ubwo yasangizaga abatuye Akarere ka Nyamasheke, amateka yaranze icyahoze ari Perefegitura ya Cyangugu muri Jenoside.

Yavuze ko amateka ya Jenoside mu cyahoze ari Perefegitura ya Cyangugu aremereye cyane, kandi byatewe n’uko abayoboye amakomini 11 yose  y’iki cyahoze ari Cyangugu bose bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ibi byatumye muri iki gice Jenoside ikoranwa ubukana ku buryo nka Nyamasheke, ari kamwe mu turere mu Rwanda dufite imiryango myinshi yazimye, gafite igera kuri 570 kuko kwihisha byari bigoye nk’uko bivugwa na bamwe mu babashije kurokoka.

Umuryango IBUKA uvuga ko muri iki gice abanyamadini na bo ari bamwe mu bagize uruhare rukomeye cyane mu gukaza Jenoside.

 Ahishakiye Naphtal, umunyamabanga nshingwabikorwa w’uyu muryango yasabye abanyamadini kujya bafata umwanya bakayamaganira no mu nsengero.

Dr Bizimana Jean Damascene yasuye ibice binyuranye by’urwibutso rwa Jenoside rwa Gashirabwoba rushyinguyemo imibiri y’Abatutsi isaga ibihumbi 19,  asobanurirwa amateka yihariye y’uburyo abashyinguyemo babicanye ubugome ndengakamere. 

Urubyiruko yarusigiye umukoro n’inshingano byo gusigasira no kurinda ibimaze kugerwaho, nyuma y’ibi bihe by’umwijima u Rwanda rwanyuzemo ubu rukaba rufite aho rugeze.

Aka karere ka Nyamasheke ubu butumwa bwatangiwemo gafite kuri ubu inzibutso 16 zishyinguyemo imibiri isaga ibihumbi 166 y’Abatutsi bazize jenoside.

Theogene Twibanire




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Brig.Gen Rwivanga yasabye abiga muri RICA gusigasira ibyo u Rwanda rwagezeho

General Gatsinzi Marcel yashyinguwe

Ingabo za Congo zongeye kurasa ku butaka bw'u Rwanda

U Rwanda rwamaganye amakuru avuga ko RDF ifasha abarwanya FARDC

Abayobozi b'inzego z'ubuzima mu ngabo zo muri EAC mu nama ku bufatanye

Perezida Kagame yashimye inzego z'umutekano ku bwitange zagaragaje muri 202

RDF yatangaje ko ntaho ihuriye n'ibikorwa by'abahoze ari abarwanyi ba

Col Karuretwa yagizwe Brig General, anagirwa umuyobozi muri RDF