Yanditswe May, 29 2022 11:07 AM | 89,866 Views
Minisitiri w'Ubumwe bw'Abanyarwanda n'inshingano mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascene yasabye urubyiruko gusigasira no kurinda ibimaze kugerwaho nyuma y’imyaka 28 Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritswe.
Ibi yabigarutseho ubwo yasangizaga abatuye Akarere ka Nyamasheke, amateka yaranze icyahoze ari Perefegitura ya Cyangugu muri Jenoside.
Yavuze ko amateka ya Jenoside mu cyahoze ari Perefegitura ya Cyangugu aremereye cyane, kandi byatewe n’uko abayoboye amakomini 11 yose y’iki cyahoze ari Cyangugu bose bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ibi byatumye muri iki gice Jenoside ikoranwa ubukana ku buryo nka Nyamasheke, ari kamwe mu turere mu Rwanda dufite imiryango myinshi yazimye, gafite igera kuri 570 kuko kwihisha byari bigoye nk’uko bivugwa na bamwe mu babashije kurokoka.
Umuryango IBUKA uvuga ko muri iki gice abanyamadini na bo ari bamwe mu bagize uruhare rukomeye cyane mu gukaza Jenoside.
Ahishakiye Naphtal, umunyamabanga nshingwabikorwa w’uyu muryango yasabye abanyamadini kujya bafata umwanya bakayamaganira no mu nsengero.
Dr Bizimana Jean Damascene yasuye ibice binyuranye by’urwibutso rwa Jenoside rwa Gashirabwoba rushyinguyemo imibiri y’Abatutsi isaga ibihumbi 19, asobanurirwa amateka yihariye y’uburyo abashyinguyemo babicanye ubugome ndengakamere.
Urubyiruko yarusigiye umukoro n’inshingano byo gusigasira no kurinda ibimaze kugerwaho, nyuma y’ibi bihe by’umwijima u Rwanda rwanyuzemo ubu rukaba rufite aho rugeze.
Aka karere ka Nyamasheke ubu butumwa bwatangiwemo gafite kuri ubu inzibutso 16 zishyinguyemo imibiri isaga ibihumbi 166 y’Abatutsi bazize jenoside.
Theogene Twibanire
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza
1 hour
Soma inkuru
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa
2 hours
Soma inkuru
Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi
4 hours
Soma inkuru
Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata
Apr 21, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru