Yanditswe Mar, 21 2023 17:40 PM | 21,596 Views
Abadepite bagize bagize komisiyo y’ imibereho y’ abaturage, basanga byari bikwiye ko amasaha y' akazi ajyanishwa no kubaka umuryango mwiza.
Ibi bakaba babigaragaje ubwo abagize iyi komisiyo batangiraga gusuzuma umushinga w'itegeko rihindura itegeko rigenga umurimo mu Rwanda.
Amezi agiye kuba atatu isaha yo gutangira akazi ivuye saa moya ibaye saa tatu. Ni ibintu abadepite bagaragaza ko bifite akamaro kanini mu rugendo rwo kubaka umuryango mwiza kandi utekanye. Gusa ngo basanga hari n’ibikwiye kongerwamo imbaraga cyane cyane ubukangurambaga mu bikorera n'ibindi.
Depite Basigayabo Marcelline yagize yagize ati “Ndashaka ko batubwira neza, ubugenzuzi mbere yuko hafatwa iki cyemezo kugira ngo barebe ko uburezi n’uburere bw' abana bwarasubiye inyuma mbese ibyo bakoze bikaba bishingiye ku nyigo.”
Na ho Depite Uwanyirigira Gloriose we avuga ko nubwo amasaha y’akazi yahindutse hari inzego zitigeze ziyubahiriza.
Yagize ati “Abakoresha benshi ntibabyubahiriza, kandi uwo kubatabara ni Leta ntawundi, kandi ibyo byo kurega umukoresha inaha murabizi ko hari igihe bitagenda neza kuko anakwiyenzaho ejo akaba yakwirukana.”
Kuri uyu wa Kabiri ni bwo komisiyo y'imibereho y'abaturage yatangiye gusuzuma umushinga w'itegeko rihindura itegeko ry'umurimo mu Rwanda ryo mu mwaka wa 2018, harimo no kwemeza ingingo z’izi mpinduka ku masaha y' akazi.
Depite Uwamariya Odette, Perezida wa komisiyo y’imibereho myiza mu mutwe w’abadepite, ashimangira ko izi mpinduka zije mu nyungu z’umuturage by’umwihariko zigamije kubaka umuryango mwiza hatirengagijwe n'iterambere ry' umurimo.
Ati “kimwe mu byo guverinoma igaragaza kandi natwe dushyigikiye ni uko abagize umuryango bakora akazi ariko bakita no ku nshingano bafite nk’ababyeyi harimo no kugumana n’abana ndetse no kubategura bakajya kwiga bameze neza kuko umwana wabyutse saa kumi z’ijoro amasaha y’ishuri nyirizina agera yongeye gushaka gusinzira.”
Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo, Rwanyindo Kayirangwa Fanfan avuga ko umwanzuro wo kugabanya amasaha y'akazi n'isaha yo gutangiriraho akazi by’umwihariko uzakomeza gukorwaho ubukangurambaga haba mu bigenga no kunoza uburyo ushyirwa mu bikorwa, ariko ko ibyiza byazanye ku muryango byatangiye kwigaragaza muri aya mezi atatu ashize.
Yagize ati “N’abadepite babigarutseho bavuga ko babonye impinduka ku bana bato, biga mu mashuri abanza n’ay’inscuke ariko aba bato cyane cyane kuba ubu batangira sa tatu bituma babyuka ku gihe bakiga neza ibi rero ni byo bifasha abana, kandi ibi bifasha n' ababyeyi uko bagomba gukora bameze neza batekanye baziko abana bameze neza, umubyeyi yaruhutse yakoze siporo n’abana be, rero muri rusange umubyeyi agomba kugira umwanya uhagije wo kurera abana.”
Mu minsi ishize imwe mu miryango itari iya Leta irengera uburenganzira bw'abakozi yari yagaragaje ko nubwo guverinoma yari yanzuye ko amasaha y'akazi ahinduka byari ingenzi ko uwo mwanzuro uhuzwa n'itegeko ry' umurimo.
Fiston Felix Habineza
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru