Yanditswe Mar, 22 2023 21:13 PM | 28,642 Views
Abahinzi b’Inanasi bo mu Karere ka Gakenke bibumbiye muri koperative COOAFGA, barataka igihombo baterwa nuko uruganda bazigemuriraga rwafunze imiryango.
Ni nyuma y’uko bari bitabiriye kuvugurura ubuhinzi bwazo
kuva mu 2016 umusaruro ukiyongera.
COOAFGA ni koperative y’abahinzi b’inanasi ibumbiye hamwe abagera kuri 99 bo mu mirenge ya Gakenke, Mataba, Minazi na Gashenyi.
Bavuga ko bataravugurura
ubuhinzi bwazo nta musaruro babonaga.
Babifashijwe n’Akarere ka Gakenke, kabahaye ubutaka bwa
hegitari 4 ndetse abafatanyabikorwa b’ako Karere barimo OXFAM na Duterimbere babongerera ubumenyi muri gahunda yiswe Nshore Nunguke,
maze umusaruro w’inanasi urarumbuka.
Gusa baje guhura n’ikibazo cy’isoko kuko koperative COOVAFGA ifite uruganda rwengagamo imitobe na divayi rwategetswe gufunga.
Bavuga ko byabateje igihombo, bagasaba inzego bireba kubafasha kubona irindi soko.
Iyo Koperative kuva muri 2007 yashyiraga ku isoko ibinyobwa bifite izina rya Buranga ndetse ngo bari bagiye guhabwa icyangombwa cya burundu cy’ubuziranenge gitangwa na Rwanda FDA, ariko baje kubwirwa na RDB ko iryo zina rya Buranga batemerewe kurikoresha kuko ari iry’umusozi.
Aba bahinzi b’inanasi bavuga ko Akarere ka Gakenke kabafasha iki kibazo kibakomereye kikabonerwa igisubizo kuko kuzongera kwandika izina bizabatera igihombo ndetse bikabahenda.
Umuyobozi w’Akarere ka Gakenke
wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Niyonsenga Aime-Francois aravuga ko
iki kibazo bagiye kukiganiraho na COOVAFGA kugira ngo gishakirwe umuti.
Gakenke ni kamwe mu Turere tweza inanasi nyinshi mu misozi yako kuko zihingwa ku bwinshi mu mirenge 9 kuri 17.
Ni mu gihe iyo COOVAFGA yo ivuga ko yakoranaga n’abahinzi banini bagera kuri
350 bayihaga toni ziri hagati ya 8 na 10 buri cyumweru.
TUYISHIME Jado-Fils
Kubura abashoramari banini byadindije umushinga wa Gira Iwawe - BRD
2 hours
Soma inkuru
Rusizi: Kuba drone zitahagera bidindiza serivisi z'ubuzima n'ubworozi
Jun 08, 2023
Soma inkuru
Musanze: Abaturage 26 borojwe inka n'Itorero ADEPR - Amafoto
Jun 06, 2023
Soma inkuru
Abasenateri batangiye gusura uturere bareba uko abaturage bakemurirwa ibibazo
Jun 06, 2023
Soma inkuru
Abayobozi batandukanye barimo gusura uruganda rutunganya amazi rwa Nzove
Jun 06, 2023
Soma inkuru
Imyaka isaga 4 irashize isoko mpuzamipaka rya Cyanika ridakorerwamo
Jun 05, 2023
Soma inkuru
Ubuhamya bw’ababaye kwa Gisimba uherutse kwitaba Imana
Jun 05, 2023
Soma inkuru
Abatuye muri Kigali basabye ko hakwihutishwa imirimo yo kwagura uruganda rw’amazi rwa Nzove
...
Jun 05, 2023
Soma inkuru