Yanditswe Jun, 21 2022 19:49 PM | 100,597 Views
Minisitiri w'Intebe, Dr Edouard Ngirente avuga ko urubyiruko rushobora kwifashisha ikoranabuhanga rugatanga ibisubizo by'ibibazo bibangamiye abaturage bo mu muryango w'ibihugu bikoresha ururimi rw'icyongereza.
Urubyiruko rwo mu bihugu bihuriye mu muryango w'ibihugu bikoresha ururimi rw'icyongereza, ruvuga ko inama y'ihuriro ry'urubyiruko iruhuza mu muryango wa Commonwealth isoje rumenye ko ejo hazaza hari mu biganza byarwo.
Ibi urubyiruko rwabigarutseho mu muhango wo gusoza ihuriro ry'urubyiruko ruhuriye mu muryango w'ibihugu bikoresha ururimi rw'icyongereza.
Mu gihe cy'iminsi 3 iyi nama y'ihuriro ry'urubyiruko ruhuriye mu muryango w'ibihugu bikoresha ururimi rw'icyongereza ibera mu Rwanda.
Uru rubyiruko ruvuga ko iyi nama yongeye ku rugaragariza ko ejo hazaza hari mu biganza byarwo.
Mu gusoza iri huriro ry'urubyiruko imishinga myiza 12 y'urubyiruko yahawe ibihembo, aho imishinga 4 ya mbere mu yahatanye mu byiciro bine buri mushinga wahawe ibihumbi 10 by'amadorari.
Umunyamabanga Mukuru w'umuryango w'ibihugu bikoresha ururimi rw'icyongereza, Patricia Scotland yagaragarije urubyiruko ruhuriye mu muryango w'ibihugu bikoresha ururimi rw'icyongereza ko icyorezo cya covid-19 cyagize ingaruka nyinshi zatumye hari ababura abavandimwe babo, uburezi bugakomwa mu nkokora ariko ko urubyiruko rufite ubushobozi bwo guhindura ejo hazaza.
"Tuzi ko uburezi bwakomwe mu nkokora, hari abazakubwira ko icyizere kiri hasi,ko tugiye gusubira inyuma, reka mbabwire icyo mbona, ndabona urubyiruko rufite umuhate n''umurava, impano kandi rufite guanga ibishya. Abantu benshi bazababwira ko muri abayobozi b'ejo hazaza ariko munyumve neza kucyo ngiye kuvuga, ntabwo muri ababozi b'ejo muri abayobozi b'uyu munsi."
Minisitiri w'Intebe Dr Edouard Ngirente avuga ko urubyiruko rushobora kwifashisha ikoranabuhanga rugatanga ibisubizo by'ibibazo bibangamiye abaturage bo mu muryango w'ibihugu bikoresha ururimi rw'icyongereza.
Ati "Ndemeza ko ubu noneho mwihuje mukaba ikintu kimwe, intego zimwe kandi mufite imbaraga zo gushyira mu bikorwa imyanzuro y'iri huriro ry'urubyiruko. Leta y'u Rwanda ikomeza gushyigikira imikoranire ikomeje mu bunyamabanga bwa commonwealth, mu ihuriro ry'urubyiruko, ibihugu binyamuryango, imiryango itari iya leta mu buryo budaheza kandi burambye kugirango icyerekezo cy'umuryango duhuriyeho kigerweho. Mu gusoza iyi nama y'iri huriro ndasaba urubyiruko gufata umwanya warwo ku rwego rw'isi, rukomeze kuba hamwe kandi rufite umuhate, hitamo umuhate aho gutinya kandi wanjye kubivamo hiamo icyerekezo cyiza mu kurema icyerekezo cya soiety yacu kubera ko amateka ari mu biganza byanyu."
Iri huriro ry'urubyiruko ruhuriye mu muryango w'ibihugu bikoresha ururimi rw'icyongereza ribaye ku nshuro ya 12 rikaba ryasoje hashyirwaho komite nyobozi y'iri huriro izayobora mu gihe cy'imyaka 2.
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura icyizere
Apr 16, 2024
Soma inkuru