AGEZWEHO

  • NAEB yagaragaje ko ibyoherezwa hanze bituruka ku ndabo n'imbuto byageze kuri toni 1000 ku kwezi – Soma inkuru...
  • Amateka ya Mohamood Thabani warohoye imibiri y'Abatutsi mu Kiyaga cya Victoria – Soma inkuru...

Umujyi wa Kigali wavuze ko kuvugurura agace ka Car free zone birangirana na Kamena

Yanditswe Jun, 13 2021 09:09 AM | 52,318 Views



Ubuyobozi bw'Umujyi wa Kigali buratangaza  ko ukwezi kwa Kamena kuzarangira imirimo yo kuvugurura agace kazwi nka Car free zone kari mu mujyi wa Kigali rwagati, kazaba karangiye.

Imirimo yo kuvugurura aka gace irakomeje, ariko hari igice cyarangiye, abahagenda bashima uburyo hatunganyijwe nubwo kurundi ruhande hari ukundi babiona.

Uwitwa shema Christian agira ati  “Byaba byiza bashyizeho udutebe, ahantu ho kwiyakirira ahantu wagura ikawa waganiriraho n' inshuti mwazanye, ibi nabyo bazabishyireho bizaba ari byiza.

Naho Cyubahiro Jean D' amour we ati “Nkaya masaha hari izuba ryinshi rero hakenewe ahantu umuntu yakwicara akugama izuba, cyangwa mu gihe cy'imvura akugama cyangwa nushaka agatobe akabona aho agafata.”

Agace gato kamaze gutunganywa ubu kari kuberamo imurika ry'amafoto akoreshwa mu itangazamakuru.

Plaisir Muzogeye na Cyril Ndegeya ni bamwe mu banyamakuru bakoresha amafoto baje kuyamurika.

Plaisir Muzogeye yagize ati  “Dufite amashimwe kuba tuhabonye, umujyi ukabitekereza ni ibintu byiza kubahanzi atari natwe gusa dufotora, kubahanzi bose ahubwo ibi byerekana ko dufite ejo hazaza nkbakora ubumenyi ngiro usibye ibi udusazemo turateganya no kujya tuhakorera namamurika yacu twiteguriye.”

Usibye abamurika ibyo bakora muri aka gace abahakorera ibikorwa by'ubucurizi nabo bemeza ko nihamara gutunganywa bizabafasha mu bucuruzi bwabo.

Muhirwa Marie Solange  umuyobozi mukuru ushinzwe igenamigambi  ry'imiturire n'imitunganyirize y'Umujyi wa Kigali, avuga ko gutunganya aha hantu biri mu nyungu yabahakorera ubucuruzi kandi ko imirimo igeze ahashimishije.

Ati “Imirimo igeze kuri 75% duteganya ko mu mpera zuku kwezi kwa Kamena imirimo yose izaba irangiye, twashyizemo ahantu  ho kwicara twashyizemo ahabera ibitaramo ndetse nibikinisho byabana, aho hantu hatwikiriye naho twahatekerejeho turi gushyiramo n’amakiyosike ndetse ubu twamaze no gushyiramo internet y'ubuntu.”

Usibye agace kazwi nka Car free zone katageramo imodoka  kari mu Mujyi rwagati, Umujyi wa kigali urateganya kandi kuzashyiraho agace nk’aka mu bihe by'impera zicyumweru mu gace ka Remera ahari imihanda y'amabuye.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize