Yanditswe Feb, 17 2020 10:50 AM | 12,530 Views
Polisi y’u Rwanda itangaza ko mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere tariki ya 17 Gashyantare, umuhanzi Kizito Mihigo yiyahuye agapfa aho yari afungiye muri Sitasiyo ya Remera mu Mujyi wa Kigali.
Kizito yari amaze iminsi 3 muri kasho ya Polisi aho ubugenzacyaha bwamukurikiranagaho ibyaha birimo kwambuka umupaka mu buryo bunyuranyije n'amategeko na ruswa.
Polisi ivuga ko tariki 15 na 16 Gashyantare, yari yasuwe n'abo mu muryango we ndetse n'umuhagarariye mu mategeko ikavuga ko iperereza ryatangiye kugira ngo hamenyekane icyateye Kizito kwiyambura ubuzima.
Muri 2015 Kizito yahanishijwe igifungo cy’imyaka 10 nyuma yo guhamwa n’ibyaha bine ubushinjacyaha bwari bumukurikiranyeho.
Ku wa 27 Gashyantare 2015 ni bwo Urukiko Rukuru rwamuhamije icyaha cyo kurema umutwe w’abagizi ba nabi, icyaha cy’ubugambanyi bwo kugiririra nabi ubutegetsi buriho ndetse n’icyaha cy’ubwoshye bwo kugiririra nabi Perezida wa Repubulika, icyaha cyo gukora umugambi w’icyaha cy’ubwicanyi.
Tariki 14 Nzeri 2018, Perezida wa Repubulika yahaye imbabazi Kizito asohoka muri gereza.
Nyuma y’umwaka hafi n’igice, ku wa Kuwa 13 Gashyantare 2020 inzego z'umutekano zashyikirije Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha umuhanzi Kizito Mihigo, nyuma yo gufatirwa mu Karere ka Nyaruguru ashaka kwambuka mu buryo bunyuranyije n'amategeko ajya i Burundi.
Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwanda?
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura ku bafite hagati y ...
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire mu bya gisirikare
Apr 24, 2024
Soma inkuru
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata
Apr 21, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru