AGEZWEHO

  • Tariki 20 Mata 1994 ni bwo Umwamikazi Gicanda yishwe – Soma inkuru...
  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Qatar yasuye u Rwanda

Yanditswe Jan, 07 2020 17:28 PM | 3,337 Views



Umugaba Mukuru w’Ingabo za Qatar, Lt Gen Ghanim bin Shaheen al-Ghanim n’itsinda ayoboye bagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Rwanda kuva tariki 6 kugeza ku ya 7 Mutarama 2020.

Uru ruzinduko rugamije  gushimangira umubano usanzwe urangwa hagati y’u Rwanda na Qatar ndetse no kurebera hamwe uko hakwagurwa umubano mu bijyanye n’ibya gisirikari hagati y’ibihugu byombi.

Akigera ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali ku gicamunsi cyo kuwa Mbere, Lt Gen Ghanim bin Shaheen al-Ghanim yakiriwe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Jean Bosco Kazura nyuma bagirana ibiganiro ku  bufatanye mu bya gisirikare hagati y’ibihugu byombi.

Ku wa Kabiri, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Qatar yakiriwe na Minisitiri w’Ingabo, Maj Gen Albert Murasira aho bombi baganiriye ku nyungu rusange ibihugu byombi bigirira mu mubano wabyo.

Lt Gen Ghanim bin Shaheen al-Ghanim yagize ati “Tuzakomeza ubufatanye hagamijwe ko ingabo z’ibihugu byombi bigira ahazaza heza. Hari  byinshi dushobora gufatanyamo, twabiganiriye kandi tuzabibonamo umusaruro mu minsi iri imbere. Hazashyirwaho amatsinda yihariye maze azakorane ku buryo bizashyirwa mu bikorwa mu gihe cya vuba.”

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Qatar aherekejwe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda kandi yunamiye abazize Jenoside yakorewe Abatutsi ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi ndetse banasura Ingoro y’amateka y’urugamba rwo kubohora igihugu ku Kimuhurura.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira