AGEZWEHO

  • Perezida Kagame yamwenyuye nyuma y'intsinzi ya Arsenal FC – Soma inkuru...
  • NAEB yagaragaje ko ibyoherezwa hanze bituruka ku ndabo n'imbuto byageze kuri toni 1000 ku kwezi – Soma inkuru...

Umucamanza Carmel Agius yasuye urwibutso rwa Gisozi

Yanditswe Apr, 01 2019 14:43 PM | 7,601 Views



Umuyobozi w'Urwego rwasigariyeho Inkiko Mpuzamahanga Mpanabyaha zashyiriweho u Rwanda na Yugoslavia umucamanza Carmel Agius, wimyaka 74 ukomoka mu gihugu cya Malta, yasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi anunamira abasaga 250,000 bahashyinguwe; kuri uyu wa Mbere tariki 1 Mata 2019. 

Uretse gusura Urwibutso, Agius muri gahunda yari afite harimo kugirana inama n'inzego z'ubutabera zirimo Minisiteri y'Ubutabera, Ubugenzacyaha ndetse n'Urukiko rw'Ikirenga. 

Muri uru ruzinduko rwe biteganyijwe ko azanifatanya n'Abanyarwanda mu kwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi. 

Uyu mucamanza Carmel Agius yatangiye imirimo ye yo kuyobora uru rwego tariki 19 Mutarama 2019 asimbuye kuri uwo mwanya umucamanza Theodor Meron wimyaka 88 w'umunyamerica wayoboye uru rwego guhera muri 2012. Uwo mucamanza yaranzwe n'imikorere yo kugira abere bamwe mubahamijwe ibyaha bya Jenoside ndetse no kugabanyiriza bamwe muribo bafatwa nka baruharwa mugutegura no gushyira mubikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda

Uyu mucamanza akimara gusura uru rwibutso yavuze ko ababajwe cyane n'ibyo yabonye nubwo yajyaga abyumva gusa yemeza ko akazi gakomeye kamutegereje ari ukunoza umubano w'u Rwanda n'uru rwego ndetse no gukurikirana abagize uruhare murj Jenoside bakidegembya mu bihugu binyuranye.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize