AGEZWEHO

  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...
  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...

Abaguzi muri resitora bagabanutse ku munsi wa mbere w'amabwiriza yo kwirinda Covid19

Yanditswe Jul, 01 2021 15:39 PM | 43,504 Views



Bamwe mu bafite resitora mu Mujyi wa Kigali, baravuga ko kuri uyu munsi wa mbere w'ishyirwa mu bikorwa ry'amabwiriza leta yashyizeho yo  kurwanya icyorezo cya COVID-19, umubare w'abaguzi babo wagabanutse cyane.

Abakora serivisi yo guhuza abo ba nyiri resitora n'abakiriya babo hifashishijwe ikoranabuhanga, bo bavuga ko imibare yababagana irimo kuzamuka.

Kuri uyu wa Kane resitora zikorera muri uyu Mujyi wa Kigali, wabonaga intebe ubusanzwe zifashishwaga n'abaguzi kwicaraho zari zigerekeranye ahabugenewe kwicara nta bantu bahari.

Gusa abaguzi bake bagaragaye bari bahagaze bagahabwa ibyo bifuza bipfunyitse bagahita bagenda.

Umukozi muri Resitora CARNIVORE, Kayitaba Dride avuga ko  kuri uyu munsi wa mbere wo kubahiriza aya mabwiriza bitari biboroheye.

Yagize ati “Ku munsi wa mbere byatugoye ntabwo byoroshye kubyakira kubera ko niba abantu bazaga bakicara bakarira hano, ariko bikaba byagiye bihinduka bitewe n'impinduka z'icyorezo kiriho mwese muzi kandi tugomba kwirinda, ubu kubyakira biragoranye kubera ko hari abakiriya bamwe na bamwe batarimo kuza, bake bakaza bagafata ibyo bashoboye bakagenda.”

Kurundi ruhande ariko abatanga serivisi zo guhuza abaguzi n'abagurisha amafunguro bayabagezaho mu ngo zabo, bemeza ko umubare w'ababagana urimo kuzamuka cyane.

Gusa ngo  ibyo gupfunyikamo nabyo ntibiraba ikibazo cyane.

Murenzi Helve uyobora Kompanyi POZO yagize ati “Nk’ubu dufite ibikapu byabugenewe bibika ubushyuhe uko buri, ariko ibikonje biguma bikonje uko bije ari n'ibishyushye biguma bimeze uko byasabwe.”

Minisitiri w'Ubucuruzi n'inganda, Beata Habyarimana asaba abacuruzi bakora ibyo gupfunyika, ko iki ari igihe cyo kumenyekanisha ibicuruzwa byabo.

Yagize ati “Abo twemereye gukora mu buryo bw'igice harimo nka za resitora turavuga duti, nibakomeze bakore ariko ntihagire umuntu uhicara cyangwa se ahafatire amafunguro cyangwa se ibyo ashaka kunywa bitewe n’uko iyo uri muri resitora niho hantu udashobora kwambara agapfukamunwa.”

“Uwo ariwe wese abifate yiyakire cyangwa se afate amafunguro ye ahantu yumva hamubereye ndetse nkaba nanaboneraho kubwira abacuruzi bakora ibijyanye no gupfunyika, nibagaragaze ibicuruzwa byabo kugirango izo resitora zibikeneye zibashe kubibona ku buryo butagoranye bityo ufite icyo ashaka muri resitora abone uko agipfunyika akijyane ajye kugikoresha aho ashaka.”

Iyi mikorere yaza resitora yo gutanga serivisi kubatahana ibyo bakeneye ireba n’izindi resitora ziri mu Mujyi wa Kigali, no mu turere Umunani  aritwo Burera, Gicumbi, Kamonyi, Musanze, Nyagatare, Rubavu, Rutsiro na Rwamagana.

Bosco Kwizera




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura